Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyabihu yeguye ku mirimo

Mugwiza Antoine wari umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere ry’Akarere ka Nyabihu yeguye ku mirimo.

Mugwiza Antoine yatunguranye yegura ku mirimo ye
Mugwiza Antoine yatunguranye yegura ku mirimo ye

Perezida w’Inama Njyanama y’akarere, Gasarabwe Jean Damascène, niwe wemeje aya makuru, nyuma yo kwakira ibaruwa ye isaba kwegura, kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Werurwe 2018.

Mugwiza yahoze ari umujyanama muri Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, ari nabyo byamuhaye umwanya wo kuba umuyobozi wungirije w’akarere ushinzwe ubukungu.

Gusa Mugwiza ntiyatanze impamvu yatumye yegura uretse kuvuga ko ari impamvu ze bwite.

Ukwegura kwe kuje gukurikirana n’ukwa komite nyobozi y’Akarere ka Ruhango yegujwe kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Werurwe 2018, kubera amakosa n’imikoranire.

Mu mwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu, Perezida Kagame yari yabajije impamvu bamwe mu badindiza gahunda za Leta baguma mu mirimo ntihagire ubakoraho.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Kuki abayobozi bakomeje kwegura ? nyabihu ikeneye abayobozi bashoboye.

FAUSTIN yanditse ku itariki ya: 7-06-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka