Umupasiteri wifashishije Bibiriya agatuka abagore yahagurukiwe

Umuryango Pro-Femmes Twese hamwe ndetse n’indi miryango iharanira iterambere ry’umugore, yamaganiye kure imvugo ipfobya ikanatuka umugore yakoreshejwe n’Umupasiteri witwa Niyibikora Nicolas.

Jeanne d"Arc Kanakuze uyobora Pro- Femmes Twese Hamwe yasabye ko uyu mupasiteri watutse ababyeyi akwiye gukurikiranwa mu mategeko
Jeanne d"Arc Kanakuze uyobora Pro- Femmes Twese Hamwe yasabye ko uyu mupasiteri watutse ababyeyi akwiye gukurikiranwa mu mategeko

Uyu mupasiteri yifashishije Bibiliya, yakoresheje iyi mvugo ahamya ko umugore ari mubi, avuga ko afitanye ibibazo n’Imana, avuga ko ari we ibibi byose byakomotseho, akavuga ko akwiye kwirindwa.

Ibi uyu mupasitori yavuze ngo bikwiye kwamaganwa ndetse akanabibazwa, ngo kuko ari ukwigisha urwango, ivangura, ndetse no gusebya Umuryango Nyarwanda, nk’uko Kanakuze Judith uyobora Pro- Femmes yabitangaje.

Yagize ati” Twamaganye uriya mugabo, kandi twamaganye uwo ari we wese uha urubuga umuntu akisararanga, atuka ababyeyi, atuka abagore, anatuka igihugu.

Biriya ni uguhangara uburengazira bwa muntu, turasaba abayobozi bakuru b’igihugu gufatira umwanzuro ukwiye iriya nyigisho".

Yasabye ko Radio Amazing Grace yamuhaye umwanya isaba imbabazi ndetse n’inzego ziyobora itangazamakuru mu Rwanda zikagira icyo zikora.

Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée nawe yavuze ku mvugo y’uyu mu Pasiteri, agaragaza ko ntaho itaniye n’iyakoreshwaga kuri Radio RTLM ishishikariza abantu kwanga Abatutsimu gihe cya Jenoside yabakorerwaga 1994.

Ati” Biriya mbyita imvugo y’urwango, imvugo ihamagarira Abanyarwanda kwanga abandi, imvugo isebya ikanapfobya igice kimwe cy’Abanyarwanda. Uwifatanyije n’uyu mugabo ndamwamaganye ku mugaragaro".

Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée
Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée

Mu rwego rwo kurushaho kwamagana imvugo yakoreshejwe n’uyu mu Pasiteri Pro-Femmes yashyizeho impapuro abantu bose badashyigikiye uriya mupasitoro basinyaho mu rwego rwo kwamagana amagambo yavuze.

Hagati aho n’ubuyobozi bw’Itorero ry’Abadivantisiti Uyu mu pasiteri yavugaga ko aturukamo, nabo bitandukanije na we buvuga ko atakiribarizwamo.

Impapuro ziri gusinywa n'abamaganye imvugo ya Pasiteri Nicolas
Impapuro ziri gusinywa n’abamaganye imvugo ya Pasiteri Nicolas
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 15 )

twamaganire kure abantu nkaabo ndetse nabafte ibitekerezo nkibyo kko byatugeza ahanu hatari heza.

mbonigaba jean bosco yanditse ku itariki ya: 8-02-2018  →  Musubize

Ahubwo njye mbona hafatwa umwanzuro wo kwanga Bible kuko siwe wabyanditse I kosa nuburyo yabivuzemo kandi siwe wa 1 utukanye kuko hari n’abayobozi bamaze kumutuka so mwese musabe Imana imbabazi

Tonto yanditse ku itariki ya: 8-02-2018  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka