Uko umuganda usoza Gicurasi wakozwe hirya no hino mu gihugu

Hirya no hino mu gihugu, abaturage bafatanyije n’ubuyobozi n’inzego z’umutekano babyukiye mu muganda rusange usoza ukwezi wa Gicurasi 2017.

Uwo muganda wakozwe kuri uyu wa gatandatu tariki ya 27 Gicurasi 2017, waranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo kubakira abatishoboye, gutunganya ibishanga, gukora isuku, gukora imihanda n’ibindi.

Huye

Umuganda wabereye mu Murenge wa Rwaniro, aho abahatuye bubakiye inzu abakene bakuwe muri nyakatsi, bakaba bari bamaze imyaka irindwi bacumbitse.

Nyagatare

Nyagatare umuganda rusange wabereye mu murenge wa Rukomo aho bubatse ibiro by’umurenge.

Rusizi

Itsinda ry’abafana ba Chelsea FC bifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Muganza kubumba amatafari yo kubakira umukecuru utishoboye kandi utagira aho kuba. Banahaye abaturage 100 ubwisungane mu kwivuza.

Nyamagabe

Kigali

Umuganda wabereye mu gishanga cya Nyandungu giherereye hagati y’uturere twa Kicukiro na Gasabo.

Kamonyi

Umuganda rusange wabereye mu gishanga cya Bishenyi gihuriweho n’imirenge ya Runda na Rugarika. Hatangijwe igihembwe cy’ihinga C.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mwakomerezaho Mugukora Umuganda.Natwemukadushikaho Ndiumubugesera.

Habiyakare.Samuel yanditse ku itariki ya: 27-05-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka