Rutagungira Umunyarwanda washimutiwe muri Uganda aratabarizwa n’umuryango we
Umuryango wa Rene Rutagungira, Umunyarwanda washimutiwe mu gihugu cya Uganda, ku cyumweru cyashize, urasaba ko wafashwa kugaruza uwo muvandimwe wabo.
Umutangabuhamya wemeza iri shimutwa, avuga ko uyu mugabo Rutagungira wasezerewe mu ngabo z’u Rwanda akaba afite ipeti rya Sergeant, yajyanywe ubwo yarimo asangira n’inshuti ze mu kabari kitwa Bahamas kari Kampala.
Avuga ko hari mu masaha ya saa munani z’ijoro, ubwo hazaga umusirikare wa Uganda ufite ipeti rya Capiteni anafite intwaro, akamujyana amushushubikanya, akamwinjiza mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota premio ifite purake UAT 694T, imujyana ahantu hatazwi.
Kuva ku cyumweru tariki 7 kugera uyu munsi, umuryango wa Rutagungira nturamenya aho aherereye, ariko ukavuga ko ashobora kuba ari mu kaga.
Jacinta Dusangeyezu umugore wa Rutagungira akimara kumenya iyo nkuru yihutiye kuri sitasiyo ya polisi gushaka ubufasha ngo umugabo we aboneke.
Gusa avuga ko n’ubwo abapolisi yahasanze basaga n’abamenye iyo nkuru mbere ye, bamubwiye ko ari ikibazo cya Leta kireba urwego rwa gisirikare rwa Chieftaincy of Military intelligence (CMI) n’Umuryango mpuzamahanga ushinzwe umutekano (ISO).
Nyamara Dusangeyezu we avuga ko mu buhamya bw’uwabonye umugabo we ashimutwa, yemeje ko yajyanywe n’uwo mukapiteni wa CMI.
Asubiza bimwe mu bitangazamakuru bya Uganda bivuga ko Rutagungira yatwawe na ba maneko b’Abanyarwanda, Dusangeyezu yavuze ko umugabo we w’umucuruzi nta kibazo afitanye n’u Rwanda, ndetse ko atemberera i Kigali kenshi asura umuryango.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
urwanda nirufashe uyumudamu kubona umugabowe wafatiwe yuganda ese rutagungira haricyo reta ya uganda imuryoza?inzego zishinzwe iperereza nibaza ko zigomba kugifatira imgamba.
Leta yacu numutabazi nuwo nawe igomba kumutabara kuko yakoreye igihugu kd burya baravugango intore yimanindi ngewe ndumva nizeye Let yacuko izabikora kuko ibishoboye
Ntwabwo tuzamurekura. Azahera Uganda, afungwe byiteka ryose.