Perezida Kagame yasabye abajya kwiga mu mahanga kuzirikana ibihugu bakomokamo

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abanyeshuri bava mu bihugu bitandukanye bya Afurika, bakaba bagiye kwiga muri Amerika, kuzirikana iwabo bakahateza imbere.

Perezida Kagame hamwe n'abatoza bo muri Bridge2Rwanda, ndetse n' abanyeshuri bagiye kwiga muri Amerika
Perezida Kagame hamwe n’abatoza bo muri Bridge2Rwanda, ndetse n’ abanyeshuri bagiye kwiga muri Amerika

Umukuru w’Igihugu yabisabye abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bo mu bihugu by’u Rwanda, Sudani y’Epfo, Kongo Kinshasa, Liberia n’u Burundi, bakaba bari bamaze umwaka urenga batorezwa mu Rwanda kujya kwiga muri Amerika, babifashijwemo n’umuryango witwa Bridge2Rwanda.

Yagize ati ”Guhera ubu muratangira gukorera ibihugu cyangwa umugabane wanyu. Ariko mwibuke buri gihe ko u Rwanda ari iwanyu,…aho mwaba hose, icyo mwaba mukora cyose.”

Umukuru w’Igihugu yakomeje abamenyesha ko mu gihe imiryango yabo ndetse n’ibihugu bakomokamo babagiriye icyizere, na bo bagomba kumva ko bafite inshingano yo kuzagaruka guteza imbere iwabo.

Ibyishimo ku banyeshuri bagiye kwiga muri Amerika.
Ibyishimo ku banyeshuri bagiye kwiga muri Amerika.

Manirakiza Eric ukomoka i Musanze, akaba azajya kwiga muri “American University of Beirut”, aravuga ko azamenyekanisha u Rwanda iyo agiye kandi ngo akazagaruka ashyira mu bikorwa ubumenyi azaba yahashye muri Amerika.

Mugenzi we Claudette Igiraneza akomeza agira ati ”Hari ibigo nderabuzima mu cyaro bifite imikorere idahwitse, nimbishobora nzagaruka mpindura byinshi bijyanye n’ubuzima.”

Umurundikazi Nicole Kamikazi ugiye kwiga muri Kaminuza ya Cornell, na we ngo ababajwe n’ubukene bwugarije igihugu cye ndetse n’imicungire y’inzego zitandukanye, ku buryo ngo azagaruka azi neza kuvura no kuyobora ibikorwa by’ubuvuzi.

Umuryango Bridge2Rwanda kuri ubu watoje icyiciro cya gatandatu cy’abazajya kwiga muri Amerika, barimo 30 b’Abanyarwanda na 10 bava mu bihugu bindi bya Afurika twavuze.

Perezida Kagame yaganirije abanyeshuri bashya bagiye kwiga muri Amerika
Perezida Kagame yaganirije abanyeshuri bashya bagiye kwiga muri Amerika

Umuyobozi Mukuru wa Bridge2Rwanda, Dale Dawson ati ”Batozwa gufashanya no guharanira ejo heza h’ibihugu byabo.”

Mu gihe cy’amezi 16, aba banyeshuri babanza kwigira icyongereza cyo muri Amerika mu Rwanda, imiyoborere ndetse no kumenya Imana.

Yves Iradukunda ushinzwe gufasha abanyeshuri kwitegura imirimo itandukanye, avuga ko umunyeshuri urangije amashuri yisumbuye ari umuhanga, iyo amenye uburyo bandikira Bridge2Rwanda basaba kwiga muri Amerika, ngo iramutumira akaza akamarana igihe na yo yiga kandi akora ibizamini.

Abayobozi ba Minisiteri y'Uburezi, iy'Ubuzima na Kaminuza y'u Rwanda bari bahari.
Abayobozi ba Minisiteri y’Uburezi, iy’Ubuzima na Kaminuza y’u Rwanda bari bahari.

Mu banyeshuri barenga 300 bari babisabye, 40 gusa ni bo babashije gutsinda byose mu gihe cy’amezi 16 ashize.

Andi mafoto:

Amafoto: Plaisir Muzogeye/Kigali Today.

Niba ushaka kureba andi mafoto menshi, kanda HANO.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

uwo muryango ukorera he ? ibindi ukora ni ibiki? address yabo?

Alias Peter yanditse ku itariki ya: 12-06-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka