Perezida Kagame yakiriye indahiro y’Umuvunyi Mukuru n’Abaminisitiri batari barahiye

Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame yakiriye indahiro z’ Abaminisitiri batatu batarahiye, yakira indahiro y’ umuvunyi mukuru, ndetse n’iz’ abadepite babiri baherutse gusimbura abahawe indi mirimo.

Perezida Kagame atanga impanuro nyuma yo kwakira indahiro z'abayobozi
Perezida Kagame atanga impanuro nyuma yo kwakira indahiro z’abayobozi

Abo ba Minisitiri bamaze kurahira ni Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Amb Gatete Claver , Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’itumanaho Nsengimana Philbert, n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga Amb Olivier Nduhungirehe.

Amb Gatete Claver Minisitiri w'Imali n'igenamigambi
Amb Gatete Claver Minisitiri w’Imali n’igenamigambi
Amb Olivier Nduhungirehe wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ububanyi n'amahanga
Amb Olivier Nduhungirehe wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga
Minisitiri Philbert Nsengimana w'Ikoranabuhanga n'itumanaho
Minisitiri Philbert Nsengimana w’Ikoranabuhanga n’itumanaho

Harahiye kandi Murekezi Anastase wagizwe Umuvunyi mukuru avuye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, hanarahira Murara Jean Damascene hamwe na Uwamariya Rutijanwa Marie Pelagie, basimbuye Depite Gatabazi Jean Marie Vianney wagizwe umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, na Depite Bamporiki Edouard wagizwe umuyobozi w’Itorero ry’igihugu.

Umuvunyi mukuru Murekezi Anastase arahira
Umuvunyi mukuru Murekezi Anastase arahira
Depite Murara Jean Damascene na Uwamariya Rutijanwa Marie Pelagie barahira
Depite Murara Jean Damascene na Uwamariya Rutijanwa Marie Pelagie barahira

Umuhango wo kurahira kw’abo bayobozi wakurikiwe n’umuhango wo gutangiza umwaka w’ubucamanza 2017-2018.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka