Perezida Kagame yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi

Perezida Paul Kagame yageze muri Tanzania mu ruzinduko rw’akazi, aho yakiriwe na Perezida w’iki gihugu John Magufuli.

Perezida Kagame akigera ku kibuga cy'indege kitiriwe Julius Nyerere yakiriwe na mugenzi we John Pombe Magufuli
Perezida Kagame akigera ku kibuga cy’indege kitiriwe Julius Nyerere yakiriwe na mugenzi we John Pombe Magufuli

Ku isaha y’isaa Tatu zo kuri iki Cyumweru tariki 14 Mutarama 2018, nibwo Perezida Kagame yari ageze ku kibuga cy’Indege cyitiriwe Julius Nyerere(JNIA), aho agiye mu kazi k’umunsi umwe.

Biteganyijwe ko mu biganiro abayobozi bombi baza kugirana bitaza kubura gukomoza ku mishinga u Rwanda na Tanzania bihuriyeho, nko mu Muryango w’Afurika y’ i Burasirazuba (EAC) kimwe n’ibindi bikorwa by’ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi.

Kigali Today irakomeza ibakurikiranire aya makuru.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

nibyiza kand nibyagaciro kumva umukuru wigihugu cyacu ariwe utoranwa muri EAC byumvikanako ariwe ushoboye!

alias yanditse ku itariki ya: 23-01-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka