Nyagatare: Komite nyobozi y’akarere na yo ireguye
Amakuru agera kuri Kigali Today aremeza ko Komite nyobozi y’Akarere ka Nyagatare yari igizwe na Mupenzi George wayoboraga Akarere, Kayitare Didace wari ushinzwe ubukungu ndetse na Musabyemariya Domitile wari ushinzwe imibereho myiza bamaze kwegura.
Abo bayobozi beguye, nyuma ya Komite nyobozi ya Bugesera yeguye mu mpera z’icyumweru gishize, na bo bakaba bareguye bakurikira Komite nyobozi ya Gicumbi na yo yari yegujwe muri icyo cyumweru
Aya makuru aravuga ko abo bayobozi beguye ku mpamvu zabo bwite.
Rukeba Chantal Atukunda umuyobozi w’inama njyanama y’Akarere ka Nyagatare yemeje ko abo bayobozi bose bamaze kumugezaho ubwegure bwabo.
Avuga ko igisigaye ari uko hagiye gutumizwa inama njyanama igasuzuma ubwegure bwabo hakanemezwa uzaba ayobora akarere by’agateganyo.
Yemeza ko nta mpamvu batanze bashingiyeho basaba kwegura kuko banditse ko babikoze ku mpamvu zabo bwite.
Inkuru zijyanye na: abameya begura
- Icyo Kaboneka avuga ku kwegura kw’abayobozi kwiswe ’Tour du Rwanda’ (PODCAST)
- Huye: Uwamariya Veneranda yagizwe Meya w’agateganyo
- Minisitiri Kaboneka yahakanye iby’uko Abameya bashyirwaho kuri ‘TEKINIKI’
- Gicumbi: Umunyamakuru agizwe Meya w’agateganyo
- Gicumbi: Meya w’agateganyo na we yeguye atamazeho icyumweru
- Huye: Gusuzugura inama Njyanama bitumye Komite Nyobozi yirukanwa
- Komite nyobozi ya Bugesera yose yeguye
- Gicumbi: Umuyobozi w’Akarere n’abamwungirije begujwe
- Ruhango: Akarere kabonye abayobozi bashya
- Rwakazina Marie Chantal atorewe kuyobora Umujyi wa Kigali
- Nyabihu: Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri atorewe kuyobora akarere
- Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi na we yeguye
- Nyabihu: Meya n’uwari umwungirije beguye
Ibitekerezo ( 42 )
Ohereza igitekerezo
|
Uvuze ngo ni tour du Rwanda ndabona nanjye kwegura bifite umuvuduko nkayo. Nisabire abafata abakora amategeko bashuireho itegeko bariya bayobozi nabo bajye bashyirwaho na Prezida nubundi benshi usanga abaturage baba batabazi, uko batorwa ni amayobera.
Ikindi hakoreshwe ubushishozi wasanga niba hatarimo guhabwa inshingano zirenze ubushobozi bwabo, habamo kunanizanya mubo bakorana mu karere cyangwa mu mirenge n’utugari, kubura cyangwa kwimwa ibyangombwa bibafasha, hakaba banakwiyongeramo icyo nakwita ishyari cyangwa se amatiku muri za njyanam.
Ese inshingano za Nyanama zo ni izihe ko bariya begura bonyine, baba baragiriwe inama ntibumve, barasumiwe ku gihe na nde?
Akarere ka Huye naho Nyobozi ikwiriye kwegura kubera imikorere mibi imaze igihe kirerekire.Hari ibibazo byinshi:Abaturage batuye impare baheze mugihirahiro,abaturage bariririwe Inka bahawe na President wa Republic.
Kicukiro ariko Mayor we ategereje iki? Turashaka kongera kuba aba mbere muri byose!
Uyu mu mayor wa kicukiro yasubije inyuma akarere kuburyo kugira ngo gasubire ku murongo bisaba imyaka itari munsi y’itanu. Uretse no kuba ari umugome agira n’amagambo mabi adakwiye umuyobozi wanize amashuli nkaye.
Njye Iyo suzumye uturere dukunda kwegura bituruka kubakozibandi babatechnicien igitekerezo buriwese kumuhigowe nahubundi meya aza bavuga ngo azabasiga,
Abatuye Muri Nyagatare twe twibazaga imiyoborere Yababayobozi ikatuyobera Nyagatare imikorere yaho Usanga yihariye
hahah Umuyobozi uboneka mu bakozi ari uko Akarere kabonye abashyitsi. byari ibibzo pe!
Iyo tour du rwanda ntizanyurimuhanga ntayo twiteguye!!!
RGB ikore ubushakashatsi kumpamvu zituma abayobozi begura/beguzwa. Ko benshi bavaho, nyuma ntihakorwe Audit(niba inakorwa ntitangazwa). Duheruka twumva ngo runaka yeguye/yegujwe,ejo ukamubona yahawe undi mwanya. Nta TRANSPARENCY
Kwegura nibyo kubera impamvu:
1. Akazi kakunaniye
2. Wanga ko amanyanga yawe yose ajya yanze bikarangirira mu bajyanama gusa
3. Ubushake byabaho ukajya gukora ibindi
4. Igikomeye ni ukugendana n’Umutoza mukuru. Twamusabye kongera kutuyobora umuvuduko ariho abatawuriho nibavemo yarabivuze. Nkabantu batita Ku baturage bashinzwe ntibabagirire impuwe abana bangwingiye, abo mu mihanda, Ababa mu mashuri abaturage bafite umwanda nibindi
Rwose nndabishyigikiye bagende manda ya Mzeehe Mukubwa wacu igitangira
Muvandimwe icyo uzavugana uzabanze gutekereza. Gerageza ujye muri umwe muriyo myanya niho uzamenya uko biryoha biryana.Umugabo mbwa aseka imbohe .
Oya, bajyaho babishaka icyo baba batazi ni inshingano zabo! Bajyaho bumva bagiye gutegeka n’amaraha bagasanga siko bimeze: Umuntu ubaye meya ajye aba yiteguye kureka ibirori, amakwe, inzoga, indaya n’ibindi binezeza abigarukeho arangije manda. Naho kurira uminyenga ku bumeya ntibikiri ibyubu, akazi kahinduye isura
Ariko numva ari uburenganzira bw’umuntu kwegura mugihe yumva adashoboye gukomeza inshingano yarafite. Aho kugira ngo akomeze gukora ntiyuzuze neza inshingano nkuko bikenewe yaha abandi umwana nabo bagakora. Gusa byajya bisuzumwa neza kugira ngo bitadindiza imihigo y’akarere. Murakoze
Ubuyobozi bukuru bw’Igihugu, nibukore ubushakashatsi ku mpamvu y’ukunanirwa kw’abayobozi b’Uturere. Bityo batangarize abanyarwanda imiterere ’ikibazo, ndetse n’umuti.
Ese tugeze muri tour du Rwanda?
Ndabona aho kurambirana, brimo urujijo.
Ibi kobitera ubwoba benshi bigatuma n’abasigaye bishakiramo impamba!harebe uko manda yagabamywa kko imyaka itanu irangizwa na bake kdi mu ihererekanyabubasha niho babarizwa byinshi kurusha kwegura ahitako yigendera.
Bajye basaba imparaga zu mwuka wera mbere yuko bajya muri zo shingano naho ubundi ataribyo tuzahora tubona ubwegure bway
Udashoboye atangumwanya vrm, turi murwanda rwumuvuduko ntidukeneye abagenda nkutunyamasyo!congs kubuyobozi bwigihugu cyacu, knd ikibazo sukwegura ikibazo nukuyobora utabishoboye! Murakoze!