Nyagatare: Abasenyewe n’ibiza bahawe ubufasha

Imiryango 47 yo mu Karere ka Nyagatare yasenyewe n’ibiza yahawe ibikoresho by’ibanze bibafasha kuba basubiye mu nzu zabo zasambuwe n’umuyaga.

Abahawe ubufasha inzu zabo zasambuwe n'umuyaga
Abahawe ubufasha inzu zabo zasambuwe n’umuyaga

Iyo miryango yahawe ibikoresho ku wa gatatu tariki ya 06 Nzeli 2017.

Imvura ivanze n’umuyaga yaguye tariki ya 31 Kanama 2017 niyo yasenyeye abo baturage yangiza na hegitari enye z’urutoki mu tugari twa Nkoma na Nyagatoma mu Murenge wa Tabagwe.

Inzu 36 zo muri uwo murenge zavuyeho ibisenge burundu. Hakiyongeraho inzu enye zo mu Murenge wa Rwempasha n’esheshatu zo muri Matimba n’imwe yo mu Murenge wa Karama.

Imiryango yari ituye muri izo nzu niyo yahawe ubufasha burimo amahema, ibiringiti bibiri, imikeka ibiri, isabune n’ijerekani.

Ibyo byose byatwanzwe na Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDMAR).

Mu bufasha bahawe harimo amahema yo gushyira ku nzu zabo
Mu bufasha bahawe harimo amahema yo gushyira ku nzu zabo

Ukirimuto Ernest, umwe mu bahawe ubufasha avuga ko inzu yabagamo yasambutse ubu akaba acumbikirwa mu bikoni by’abaturanyi.

Yishimira ko ahawe ubufasha ubu akaba agiye kubona aho arara adacumbitse. Agira ati “Ubu ngiye kuva mu gikoni kuko mbonye ihema nshyira ku nzu.”

Musabyemariya Domitille, umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyagatare ushinzwe imibereho myiza y’abaturage ahamagarira abahawe ubwo bufasha gutera ibiti bikikije inzu zabo kandi bakazajya bazirika ibisenge by’inzu zabo.

Ati “Kariya gace kanyu kabamo umuyaga mwinshi, mukwiye kubaka mubanje kureba aho umuyaga uganisha mukibuka no guhambira ibisenge.

Igikomeye ariko mukwiye gutera ibiti bikikije inzu kuko bigabanya ubukana bw’umuyaga.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka