Nta burenganzira NEC ifite bwo kugenzura imbuga nkoranyambaga z’abaturage - RURA

Ikigo cy’igihugu kigenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyatangaje ko Komisiyo y’igihugu y’Amatora (NEC) nta burenganzira ifite bwo kugenzura ndetse no guhagarika ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu baturage.

Umuvugizi wa RURA yatangaje ko Itigeze igirana ibiganiro na NEC mu gufungira abakandida Imbuga Nkoranyambaga
Umuvugizi wa RURA yatangaje ko Itigeze igirana ibiganiro na NEC mu gufungira abakandida Imbuga Nkoranyambaga

Ni nyuma y’uko NEC itangaje ko mbere y’uko Abakandida biyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, bagomba kubanza kugeza ubutumwa bifuza gucisha ku mbuga nkoranyambaga kuri komisiyo ikabusuzuma, mbere yo kubutangaza.

Komisiyo y’Amatora yavugaga ko izajya isuzuma ubwo butumwa ireba niba budasesereza cyangwa se budateranya Abanyarwanda, ikabona kubwemerera kunyura kuri izo mbuga.

Abicishije mu itangazo yashyize ahagaragara ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Umuvugizi wa RURA Kuramba Anthony, yatangaje ko RURA itigeze igirana na Komisiyo y’Amatota ikiganiro kuri iryo genzura ry’imbuga nkoranyambaga.

Ati “Ni uburenganzira bw’Abaturage kugaragaza ibitekerezo byabo babicishije ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, mu gihe batarenga ku byo amategeko ateganya.”

Itangazo RURA yashyize ahagaragara
Itangazo RURA yashyize ahagaragara

Iri tangazo rya RURA rije rikurikira ubutumwa bwa Minisitiri Louise Mushikiwabo, aho yavugaga ko mu gihe cy’amatora Abanyarwanda bakwiye gukoresha imbuga nkoranyambaga bakavuga ikibari ku mutima batarinze kubisabira uruhushya nk’uko NEC yabitangaje.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka