Mu mafoto Airbus A330-200 igera bwa mbere mu Rwanda

Airbus A330-200 ya Kompanyi y’indege itwara abantu n’ibintu Rwandair, igeze bwa mbere mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Nzeli 2016.

Airbus A330-200 ihaguruka mu bufaransa igana mu Rwanda
Airbus A330-200 ihaguruka mu bufaransa igana mu Rwanda

Iyi ndege yiswe Ubumwe, yatumijwe mu gihugu cy’Ubufaransa mu ruganda ruherereye mu Mujyi wa Toulouse mu mwaka wa 2014, ku mafaranga angana na miriyoni 250 z’amadorari y’Amerika.

John Mirenge Umuyobozi wa Rwanda Air hamwe na Ambasadeli w'u Rwanda mu Bufaransa Kabale batemberezwa muri iyi ndege
John Mirenge Umuyobozi wa Rwanda Air hamwe na Ambasadeli w’u Rwanda mu Bufaransa Kabale batemberezwa muri iyi ndege

Nyuma yo gukorerwa isuzuma yashyikirishjwe ubuyobozi bwa Rwandair kuri uyu wa 27 Nzeli 2016, mu gihugu cy’Ubufaransa.

Yahagurutse mu gihugu cy’Ubufaransa mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ihagurukana abagenzi 38, inyura mu gihugu cy’Ubugande igera mu Rwanda saa tanu z’amanywa.

umuyobozi wa Rwandair na Ambasaderi w'u Rwanda mu Bufaransa Jacques ... bamaze kumurikirwa Airbus A330-200
umuyobozi wa Rwandair na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa Jacques ... bamaze kumurikirwa Airbus A330-200

John Mirenge umuyobozi mukuru wa Rwandair yavuze ko iyi ndege ari iya mbere igeze mu Rwanda no muri Afurika y’Uburasirazuba, ikaba ije gufasha Rwandair kongera umubare w’ingendo ikorera mu mpande z’isi.

Rwandair itegereje indi ndege ya Airbus A330-300 mu mpera z’uyu mwaka. Iyi Izitwa Umurage.

Air Bus A330-200 igeze mu kirere cyo ku kibuga cy'indege cy'i Kanombe
Air Bus A330-200 igeze mu kirere cyo ku kibuga cy’indege cy’i Kanombe
Ivuye mu Kirere igeze hasi
Ivuye mu Kirere igeze hasi
Abakozi ba Rwandair bari benshi ku kibuga bayitegereje
Abakozi ba Rwandair bari benshi ku kibuga bayitegereje
captain Marcel waje uyitwaye
captain Marcel waje uyitwaye
Bayitegerereje n'amatsiko menshi
Bayitegerereje n’amatsiko menshi
Umuyobozi wa Rwandair John Mirenge ageze Kanombe asobanurira abaje kubakira iby'urugendo
Umuyobozi wa Rwandair John Mirenge ageze Kanombe asobanurira abaje kubakira iby’urugendo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

rwanda ntacyo turabona nibyinshi byiza imana itaraduhishurira, iyoondege nashima ubuyobozi busobanutse

nshimiyimana jacques yanditse ku itariki ya: 29-09-2016  →  Musubize

Kuba tubashije kugira iyi ndege yambere igeze mu Rwanda no muri Afurika y’Uburasirazuba, ikaba ije gufasha Rwandair kongera umubare w’ingendo ikorera mu mpande z’isi yose ntakabuza nízadufasha kubona abashoramari benshi kadi izagira níbindi ikmura mugihugu nko gutanga akazi n’ibindi.

Dushimye cyane uburyo dukomeje kwihuta mwiterambere.

Imboni zarwo yanditse ku itariki ya: 29-09-2016  →  Musubize

Nize ryose twari twarahejeje amaso mukirere

Jean luc yanditse ku itariki ya: 29-09-2016  →  Musubize

Oooh biratangaje kandi tubashimiye ko badahwema kutugezaho service zinoze.

Samuel BAYIRINGIRE yanditse ku itariki ya: 28-09-2016  →  Musubize

Oooh biratangaje kandi tubashimiye ko badahwema kutugezaho service zinoze.

Samuel BAYIRINGIRE yanditse ku itariki ya: 28-09-2016  →  Musubize

Proud to be Rwandan. fièr(e) d’ être Rwandais(e). Mana nziza Mana Ihoraho.turagushima turagushima kuri ibi byiza ukomeza kutugezaho. habwa icyubahiro kubera urukundo ukomeza kutwereka. ha umugisha uru Rwanda ha umugisha Paul Kagame kubera ibyiza akomeje kutugezaho ha umugisha n abayobozi bose bitanga kugirango iki gihugu kigire isura nzima.Ha umugisha iyi ndege maze uzayibere umupilote mukuru aho izajyahose ingendo zoze uzayiherekeze amahoro.n abazayigendamo bose uzabarinde Mana. h umugisha abanyarwanda n abarukunda bose. tubisabye kubwa Yezu Christu. Amina.

Detta yanditse ku itariki ya: 28-09-2016  →  Musubize

Jew nama ndababwira. Nguwucush bugafi nk’ umwana muto niwe azararwa ijuru. Ibyo bivuzengo ntawusaba mukuri NGO ntabone ico yasabye. Brave nibind birikuza pe!! Nugusenga nmdushiz mukur , hama Uwiteka akaduha ivyodusha.thx

Jimmy yanditse ku itariki ya: 28-09-2016  →  Musubize

Jew nama ndababwira. Nguwucush bugafi nk’ umwana muto niwe azararwa ijuru. Ibyo bivuzengo ntawusaba mukuri NGO ntabone ico yasabye. Brave nibind birikuza pe!! Nugusenga nmdushiz mukur , hama Uwiteka akaduha ivyodusha.thx

Jimmy yanditse ku itariki ya: 28-09-2016  →  Musubize

Aho tuva turahazi aho tujya turahazi ntacyatubuza kwihuta. Congz Rwandans

athar yanditse ku itariki ya: 28-09-2016  →  Musubize

Ko twihuta cyane ra! Aka kanya tuguze indege nini muri EAC? Nibyo kwishimirwa pe!

Imani yanditse ku itariki ya: 28-09-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka