Mpayimana ngo aje guhindura imyumvire y’abavuga ko umwanya wa Perezida wa Repubulika waremewe abantu runaka
Mpayimana Philipe wifuza kuziyamamariza Umwanya wa Perezida wa Repubulika, atangaza ko yaje guhindura imyumvire y’abumva ko umwanya wa Perezida wa Repubulika wagenewe abantu runaka.
Yabitangarije mu nama yateguriye abanyamakuru yabereye kuri Hotel The Mirror i Remera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Gashyantare 2017.
Iyi nama yari iteganyijwe guhera saa tanu, yatangiye itinze kubera ikibazo cy’ibyangombwa uyu mugabo atari yagendanye birimo ikimwemerera gukora ikiganiro n’abanyamakuru gitangwa n’Akarere, ndetse n’ inyemezabwishyu y’icyumba cya Hotel cyagombaga kuberamo inama.
Ubuyobozi bwa Hotel bwamusabye gusubira kubizana akabona kuza agakora inama n’abanyamakuru, asubira ku ipikipiki yamuzanye ajya gushaka ibyo byangombwa, aragaruka inama iraba.
Muri iyi nama yitabiriwe n’abanyamakuru batandukanye barimo abo mu Rwanda ndetse n’abakorera ibitangazamakuru byo hanze, Mpayimana yasobanuye umushinga we wo kwiyamamaza, anerekana icyo azamarira Abanyarwanda naramuka atowe.
Uyu mugabo yatangaje kandi ko yaje mu Rwanda mbere, azanywe no kuzuza ibisabwa , kugira ngo abashe kuzemerwa nk’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, ubundi azashyire ku mugaragaro imigabo n’imigambi ye, mu gihe cyo kwiyamamaza cyagenwe.
Ibitekerezo ( 15 )
Ohereza igitekerezo
|
Mu kinyarwanda baca umugani ngo " N’utakwambuye aragukereza".
uyumugabo c kombona
byazamugora kwicara
murugwiro village,mu gihugu harimo amaradiyo menshi,narebe aho yisabira akubunyamakuru cg nawe ashyinge iye nkumuntu wakoze kuri radiyo agatashya i mugunga,usibyeko bidashoboka c uyuwamugira umukuru w’igihugu akatuyoborana niyinzara afite cg yamanza agasahura i gihugu,cg yajekunyeganyeza,usesenguye amateka y’u Rda nkabanyarwanda ntitwakora amakosa yo kwicaza murugwiro umuntu utarigeze arasa isasu arwanirira uyumutekano dufite
NGO??aje kugira ate?avuye he se ahubwo?ok ni ikaze pe. uburenganzira ni ubwe,ariko amagambo mabi non,non. DUFITE AHO TUGEZE,TUZI AHO TUJYA WANGU.