Meya wa Kamonyi yeguye nyuma y’umwaka atowe

Amakuru agera kuri Kigali Today, aratangaza ko kuri uyu wa 20 Kamena 2017, Udahemuka Aimable, umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye ku mirimo ye.

Meya Udahemuka Aimable yamaze kwegura ku mirimo ye
Meya Udahemuka Aimable yamaze kwegura ku mirimo ye

Uyu muyobozi weguye ku mpamvu ze bwite nk’uko ayo makuru abivuga, yeguye nyuma y’umwaka n’amezi ane yari amaze ayobora aka karere kuko yatangiye imirimo tariki ya 26 Gashyantare 2016.

Karuranga Emmanuel uyobora Inama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi, yirinze kwemeza aya makuru ngo kuko kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru yari atarabona ibaruwa y’ubwegure bwa Udahemuka .

Ubusanzwe abayobozi b’uturere batorerwa manda y’imyaka itanu, bakemererwa kongera kwiyamamaza inshuro imwe gusa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 24 )

kuki umuntu ahabwa inshingano we akabifata nk’ibikino.

alias kana yanditse ku itariki ya: 28-06-2017  →  Musubize

Yoooooo buriya harimpanvu umuntu atahita amenya akakanya .

titusi yanditse ku itariki ya: 26-06-2017  →  Musubize

niyihangane bibaho

theogene ipk yanditse ku itariki ya: 23-06-2017  →  Musubize

Umutavu w’ururimi uratemba ariko ntugarurwa. Twe guca imanza Imana niyo mucamanza utabera.

joe yanditse ku itariki ya: 21-06-2017  →  Musubize

arakoze ahokugirango aveho yegujwe nareta yakwiyeguza amazi atararenginkombe gusa harebweniba ntakibyihisinyuma

DAMURU yanditse ku itariki ya: 21-06-2017  →  Musubize

ibingibi ntacyo bitwaye ahubwo meyor wanyamagabe MUGISHA PHIRIBERI ,narebereho kuko ,ruswaze ziravuza ubuhuha mumasoko yareta ,nawe niyegure vubaa vuba .

hakizimana yanditse ku itariki ya: 21-06-2017  →  Musubize

kwegura ark ntakinu bitwaye wasanga agiye muzindi nshingano

ishimwefabrice yanditse ku itariki ya: 20-06-2017  →  Musubize

Basigaye baca umugani ngo:"Umugabo mbwa aseka umu tigiste". Isi ntisakaye ntawe bitabaho! Bizimana ni mwene Kanyarwanda! mwese mwicecekere murapfa ubusa.

alias Ibyisi yanditse ku itariki ya: 20-06-2017  →  Musubize

Yanze gutinda ntacyo akora n’abandi nka we nibagire ubwo butwari

Bona yanditse ku itariki ya: 20-06-2017  →  Musubize

Kwegura kumirimo nibisanzwe iyo ubona utabishoboye

ndaba emmanuel yanditse ku itariki ya: 20-06-2017  →  Musubize

niba kamunaniye kwegura nibyo ahe ababishoboye bayoborekdi harebwe niba ntabyo asize yangije

Bosco yanditse ku itariki ya: 20-06-2017  →  Musubize

Kuki abanyarwanda mukunda byacitse? Uko yagiyeho biba bivuga ko azavaho, ashobora kuba agiye muyindi mirimo.

umunyakuri yanditse ku itariki ya: 20-06-2017  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka