Madame Jeannette Kagame na Peng Liyuan baganiriye ku bukungu n’imibereho myiza y’Abaturage

Mu ruzinduko rw’Iminsi ibiri Perezida w’u Bushinwa Xi jinping na Madame we Peng Liyuan baherutse kugirira mu Rwanda, Madame Jeannette Kagame akaba n’umuyobozi w’ikirenga wa Imbuto Foundation, yamurikiye Peng Liyuan ibikorwa bya Imbuto Foundation.

Madame Jeannette Kagame yakiriye Madame Peng Liyuan
Madame Jeannette Kagame yakiriye Madame Peng Liyuan

Bimwe mu bikorwa bya Imbuto Foundation Madame Jeannette Kagame yeretse Peng Liyuan wa Perezida w’u Bushinwa, harimo ibikorwa bijyanye n’ubuzima, uburezi, ndetse n’ibijyanye no kuzamura ubukungu bw’urubyiruko rukabasha kwigira.

Nyuma yo kumumurikira ibi bikorwa, aba bayobozi banaganiriye ku bufatanye mu iterambere ry’ubukungu ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.

Nyuma y’iki kiganiro, Mrs Peng Liyuan usanzwe ari n’intumwa y’Umuryango w’abibumbye yita ku burezi UNESCO, wita by’umwihariko ku iterambere ry’uburezi bw’abagore n’abakobwa, aherekejwe na Madame Jeannette Kagame basuye ishuri rya FAWE Girls riherereye i Gacuriro mu Karere ka Gasabo.

Dore mu mafoto ibihe Madame Jeannette Kagame yagiranye na Madame Peng Liyuan wa Perezida w’u Bushinwa

Nyuma yo kugirana ibiganiro basuye FAWE Girls School
Nyuma yo kugirana ibiganiro basuye FAWE Girls School
Byari umunezero kwakira aba babyeyi bombi
Byari umunezero kwakira aba babyeyi bombi
Abanyeshuri ba FAWE Girls school babacinyihe akadiho
Abanyeshuri ba FAWE Girls school babacinyihe akadiho
Madame Jeannette Kagame yakiriye Peng Liyuan kuva bakigera mu Rwanda
Madame Jeannette Kagame yakiriye Peng Liyuan kuva bakigera mu Rwanda
Banajyanye ku meza bari kumwe na Perezida Xi Jinping na Perezida Paul Kagame
Banajyanye ku meza bari kumwe na Perezida Xi Jinping na Perezida Paul Kagame
Yamwakiriye no muri Village Urugwiro
Yamwakiriye no muri Village Urugwiro
Ku kibuga cy'Indege cya Kanombe yaramuherekeje
Ku kibuga cy’Indege cya Kanombe yaramuherekeje
Mugire urugendo rwiza imvura igwa n'isubira
Mugire urugendo rwiza imvura igwa n’isubira
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka