Ingendo za Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubushinwa muri Afurika ziratangirira mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubushinwa, Wang Yi azasura u Rwanda ku itariki ya 12 Mutarama 2018, mu rwego rwo gutsura umubano muri politiki hagati y’ibihugu byombi.

Minisitiri Wang nawe azakomeza umuco wo gukorera uruzinduko rwa mbere muri Afurika mu ntangiriro z'umwaka
Minisitiri Wang nawe azakomeza umuco wo gukorera uruzinduko rwa mbere muri Afurika mu ntangiriro z’umwaka

Mu itangazo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’Ubushinwa yashyize hanze, rivuga ko icyo gihugu gifata Afurika nk’umufatanyabikorwa w’ibanze mu iterambere.

Iri tangazo rivuga ko kandi uru ruzinduko ruri mu rwego rwo gutegura inama ihuza Ubushinwa n’Afurika izwi nka China-Africa Summit

Rigira riti “Mu myaka 20 ishize, abaminisitiri bose b’Ububanyi n’Amahanga bagiye bahitamo kugenderera ibihugu by’Afurika uko umwaka utangiye. Kuba Wang azakomeza uyu muco bigaragaza ko Ubushinwa buha agaciro umubano wabwo n’Afurika.”

Minisitiri Wang azava mu Rwanda akomereza muri Angola, Gabon no mu Birwa bya Sao Tome na Principe, mu ruzinduko rw’iminsi itanu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka