Impunzi za mbere z’Abarundi zamaze kwambuka umupaka zitaha

Zimwe mu mpunzi z’Abarundi zari zimaze ibyumweru bitatu zihungiye mu Rwanda, zahise zisurubira i Burundi igitaraganya zitahamaze kabiri.

Izo nizo bisi Guverinoma yabageneye zabasubije iwabo
Izo nizo bisi Guverinoma yabageneye zabasubije iwabo

Muri iki gitondo cyo ku Cyumweru tariki 1 Mata 2018, nibwo izi mpunzi zabyutse zurira bisi zizisubiza i Burundi, nyuma yo gutangaza ko zitazigera zibaruza mu Rwanda cyangwa ngo abana babo bakingirwe.

Izibarirwa mu 1.600 mu 2.523 mu zari mu Rwanda zuriye bisi Guverinoma y’u Rwanda yazigeneye kugira ngo zibashe gusubira iwabo bitazigoye.

Imodoka zimwe bazigiyemo izindi bazishyiramo ibikoresho byabo
Imodoka zimwe bazigiyemo izindi bazishyiramo ibikoresho byabo

Izi mpunzi zari zaje mu Rwanda mu buryo butunguranye n’amaguru tariki 7 Werurwe 2018. Zari ziturutse mu nkambi ya Kamanyola iherereye muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo nabwo zitumvikanye n’ubuyobozi bw’iki gihugu.

Izi mpunzi zakoresheje umupaka wa Nemba wo mu Karere ka Bugesera zisubira iwabo, kandi n’ubuyobozi bwa Leta y’u Burundi bwarabimenyeshejwe.

Aha bari berekazaga ku mupaka wa Nemba uherereye mu Karere ka Bugesera
Aha bari berekazaga ku mupaka wa Nemba uherereye mu Karere ka Bugesera
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Nibagende rwose!!!Isuka n’agataro

Kankindi yanditse ku itariki ya: 1-04-2018  →  Musubize

Ariko ubundi hoho baja hehe?nta wanka nyina ngo arwaye amahere nibaze twubake uburundi bwacu.

Claude yanditse ku itariki ya: 1-04-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka