Imodoka iguye mu kabande ka Shyorongi ihitana 15

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, Imodoka yo mu bwoko bwa Quaster itwara abagenzi yavaga mu Majyaruguru igana i Kigali, iguye mu kabande ka Shyorongi ihitana abagera kuri 15.

Imodoka yaguye mu Kabande ka shyorongi
Imodoka yaguye mu Kabande ka shyorongi

Umusore wo mu kigero cy’imyaka 30 ni umwe mu babashije kurokoka iyi mpanuka, aho yayisimbutse itaragwa mu kabande akomereka byoroheje, aho yahise ajyanwa kwa muganga ngo yitabweho.

Umusore warokotse iyi mpanuka
Umusore warokotse iyi mpanuka

Ababonye iyi Mpanuka iba batangaje ko yatewe n’Umuvuduko ukabije w’uwaruyitwaye, aho yabanje kugonga izindi modoka zari mu muhanda, imodoka ye igacika intege igahita imanuka mu kabande .

Polisi y’Igihugu yahise itabara, ubu bari kureba uburyo bakura iyo
modoka mu Kabande.
ikaba yatangaje ko imaze kubarura abagera kuri 15 bahitanywe n’iyo mpanuka

Quaster yabanje kugonga iyi modoka mbere yo kugwa mu kabande
Quaster yabanje kugonga iyi modoka mbere yo kugwa mu kabande
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 52 )

imana ibakire abo bazize iyi mpanuka

antoine yanditse ku itariki ya: 27-05-2017  →  Musubize

Yoo.! Mbegaa! Imanayakire abobantudisi.,kandiuwowarokotse aziture Imana kuyikorera ubuziraherezo.

Nshimiyimana jeanclaude yanditse ku itariki ya: 27-05-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka