Ikiryabarezi ngo cyamaze ibiceri ku isoko

Abacuruzi bo mu Mujyi wa Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kubura ibiceri bakoresha mu kazi kabo kubera ko byashiriye mu biryabarezi.

Aho bakina ikiryabarezi, usanga hingaje urubyiruko n'abana.
Aho bakina ikiryabarezi, usanga hingaje urubyiruko n’abana.

Bamwe muri bo bavuga ko hashize ukwezi batabona ibiceri cyane cyane iby’ijano, kuko ababibonye bose bahita bajya ku bikina mu biryabarezi bikabarya, banyir’ibiryabarezi baza bakikorera bya biceri bakigendera.

Jean Claude Mwamini, ucuruza serivise z’ibigo by’itumanaho n’amabanki mu Rwanda, avuga ko iki kibazo kibahangayikishije cyane, kuko ngo hari n’igihe babura abakiriya babagurira kuko batagitunga ibiceri.

Ati “Nk’ubu abakiriya nabonaga bagura mitiyu baragabanutse, kuko wasangaga yifitiye igiceri cy’ijana, akigurira mitiyu none n’iyo aguhaye inoti ubura ayo ku mugarurira”.

Mwamini kimwe n’abandi bacurizi, avuga ko abakina ibiryabarezi, iyo bafite bayavunjishamo ibiceri, bakajya gukina bizeye kunguka bikarangira kiyatwaye yose.

Mutagomwa Jean Pierre, Umuyobozi wa Motel Ituze, na we avuga ko bagiye kumarana hafi ukwezi batabona ibiceri, bakabura uko bagarurira amakiriya.

Abenshi mu bacuruzi twaganiriye bakaba basaba ko ibiryabarezi byakurwa mu Mujyi wa Ruhango kuko uretse kwangiza ubucuruzi ngo biteza n’ibindi bibazo birimo gushwanisha imiryango, kurumbya urubyiruko n’ibindi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Nibicike Ibiceri Biboneke.

Big yanditse ku itariki ya: 5-08-2016  →  Musubize

nukuri muko igikwiye kuko abacuruzi turafunga.

KARISH stiven yanditse ku itariki ya: 28-07-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka