Ikidushishikaje ni uguteza imbere igihugu cyacu – Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko igishishikaje Abanyarwanda ari uguteza imbere u Rwanda kuko nta wundi uzabibakorera.

Perezida Kagame ubwo yari ari i London mu Bwongereza yatangaje ko igishishikaje Abanyarwanda ari iterambere ry'u Rwanda
Perezida Kagame ubwo yari ari i London mu Bwongereza yatangaje ko igishishikaje Abanyarwanda ari iterambere ry’u Rwanda

Yabitangarije i London mu Bwongereza ubwo yatangaga ikiganiro mu nama yiga ku iterambere rya Afurika, yateguwe n’igitangazamakuru cyo muri Amerika (USA) cyitwa Wall Street Journal, tariki ya 07 Werurwe 2017.

Muri icyo kiganiro Perezida Kagame yabajijwe icyo atekereza ku byo abantu batandukanye bavuga ku Rwanda birimo guhindura itegeko nshinga.

Yasubije ko Abanyarwanda aribo bahitamo ikibabereye kuko nta wundi uzakibahitiramo.

Agira ati “Ikidushishikaje ni uguteza imbere igihugu cyacu. Tutiyitayeho nta wundi wazatwitaho. Tuzakora icyo twakagombye gukora kitubereye! Ibyo abantu batuvugaho bitandukanye ntabwo bidutwara umwanya.

Icya mbere ni uko Abanyarwanda bishimira icyo bari gukora kandi bakagikora! Nta kizatubuza gukora ikibereye Abanyarwanda.”

Akomeza avuga ko abo bose bavuga u Rwanda bazakomeza kuruvuga kandi “tuzakomeza gutega amatwi inyigisho bashaka kuduha ariko ntibizaturangaza.”

Perezida Kagame ubwo yatangaga ikiganiro i London mu Bwongereza mu nama yiga ku iterambere rya Afurika yateguwe n'ikinyamakuru Wall Street Journal
Perezida Kagame ubwo yatangaga ikiganiro i London mu Bwongereza mu nama yiga ku iterambere rya Afurika yateguwe n’ikinyamakuru Wall Street Journal

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwakuye isomo ku byo rwanyuzemo akaba ariyo mpamvu mu iterambere ryarwo Abanyarwanda aribo baza mbere ya byose. Harebwa uburyo bagira uruhare mu iterambere ryarwo n’uburyo iryo terambere ribageraho.

Perezida Kagame ubwo yatangaga icyo kiganiro, Abanyarwanda baba mu Bwongereza bari baje ku mwakira bafite ibyapa bimuha ikaze banafite amabendera y’u Rwanda.

Arangije ikiganiro yahise ajya guhura nabo. Yabashimiye uburyo bamwakiriye avuga ko yishimiye kuba ari kumwe nabo. Yabashimiye kandi uruhare bagira mu iterambere ry’u Rwanda.

Abanyarwanda baba mu Bwongereza bari baje kwakira Perezida Kagame
Abanyarwanda baba mu Bwongereza bari baje kwakira Perezida Kagame

Perezida Kagame ariko yabahamagariye gukomeza kubana mu bumwe aho bari mu Bwongereza nkuko Abanyarwanda bari mu Rwanda babana mu bumwe.

Ati “U Rwanda tubamo muri iki gihe ni u Rwanda rwunze ubumwe, aho abafite imbaraga bafata ukuboko ab’intege nke. Icyo nicyo kitugira abo turibo.”

Andi mafoto

Reba Video Abanyarwanda baba mu Bwongereza bakirana ibyishimo Perezida Kagame

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 13 )

Wow so nice mwakoze kwakirana urugwiro president wakyu mwiza

umulisa yanditse ku itariki ya: 8-03-2017  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka