Gicumbi: Umunyamakuru agizwe Meya w’agateganyo
Kamili Athanase wari usanzwe ari umunyamakuru w’Ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) ni we wasimbujwe Jean Claude Karangwa Sewase wari umaze iminsi itandatu ku buyobozi bw’Akarere ka Gicumbi.
Kamili yari amenyerewe mu biganiro bitandukanye, birimo ibya politiki ndetse no guhagararira RBA mu biganiro bitandukanye kuri televiziyo cyangwa radiyo.
Karangwa asimbuye na we yari yatowe ku itariki 25 Gicurasi 2018 ariko na we aza kwegura nyuma y’iminsi itandatu.
Yari yagiriwe icyizere n’Inama njyanama nyuma y’uko uwari usanzwe ayobora ako karere Mudaheranwa Juvenal atakarijwe icyizere.
Yeguranye na bagenzi be ari bo, ushinzwe ubukungu Muhizi Jules Aimbable n’uwari ushinzwe imibereho myiza Benihirwe Charlotte.
Bose bashinjwa gukora amakosa yo kunanirwa kugaragariza inama njyanama inzira na gahunda zo gukosora amakosa yagaragaye mu gukoresha nabi amafaranga yagenewe uburezi.
Inkuru zijyanye na: abameya begura
- Icyo Kaboneka avuga ku kwegura kw’abayobozi kwiswe ’Tour du Rwanda’ (PODCAST)
- Huye: Uwamariya Veneranda yagizwe Meya w’agateganyo
- Minisitiri Kaboneka yahakanye iby’uko Abameya bashyirwaho kuri ‘TEKINIKI’
- Gicumbi: Meya w’agateganyo na we yeguye atamazeho icyumweru
- Huye: Gusuzugura inama Njyanama bitumye Komite Nyobozi yirukanwa
- Nyagatare: Komite nyobozi y’akarere na yo ireguye
- Komite nyobozi ya Bugesera yose yeguye
- Gicumbi: Umuyobozi w’Akarere n’abamwungirije begujwe
- Ruhango: Akarere kabonye abayobozi bashya
- Rwakazina Marie Chantal atorewe kuyobora Umujyi wa Kigali
- Nyabihu: Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri atorewe kuyobora akarere
- Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi na we yeguye
- Nyabihu: Meya n’uwari umwungirije beguye
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
rwose ubuyobozi bwose bushyirwaho n’Imana,nakomeze yese imihigo.
uwo muyobozi mushya tumwifurije imirimo mwiza,kand azakomere kushingano ahawe atazamera nkabasimbuye.
Twifurije uyumuyobozi imirimo myiza gusa yitware neza kandi ndizerako abimenyereye Imana imufashe yuzuze inshingano neza
Uyu muyobozi mushya tumwifurije amahirwe masa ark ikibuga agiyemo kiranyerera yitonde gucenga cyane