Baratabariza ibice by’umuhanda Musanze-Rubavu birimo kwangirika bikanabangiriza

Abaturage b’i Nyabihu baratabariza ibice by’umuhanda Musanze-Rubavu byangirika bikanabateza ingaruka aho batuye n’aho bakorera.

Ni mu gihe bamwe bahuye n’igihombo muri iyi myaka itatu ishize cyatewe na n’umuyoboro w’amazi (rigole) muto ku kagezi ka Mutera, kava haruguru y’Ibiro by’Akarere ka Nyabihu kakamanuka ahitwa i Rurengeri kerekeza muri Kinoni.

Baratabariza umuhanda wangiritse.
Baratabariza umuhanda wangiritse.

Abaturiye aka kagezi bavuga ko kamaze imyaka irenga itatu kuzura rigole bavuga ko ari nto yakozwe na kompanyi ya Strabag ikora umuhanda wa kaburimbo Musanze-Rubavu.

Aka kagezi kanyura muri rigole kakayirenga kakiroha muri kaburimbo kagatezamo isuri n’ibyondo kakayangiza bikomeye.

Ni mu gihe kubera amazi menshi kanagenda gatengura bimwe mu bice bikikije umuhanda ari na ko kanasenya inkengero zawo.

Akagezi ka Mutera abaturage bavuga ari ko kangiza umuhanda Musanze-Rubavu.
Akagezi ka Mutera abaturage bavuga ari ko kangiza umuhanda Musanze-Rubavu.

Uwimana Israel, umwe mu baturage, yagize ati “Biterwa n’ubuto bwa rigole yahakozwe. Karatwangiriza bikomeye kuko amazi yinjira mu mazu mu gihe cy’imvura akangiza ibyo asanzemo byose bikadutera igihombo.”

Nk’umucuruzi yanongeyeho ko aka kagezi kabahombeje cyane cyane mu myaka itatu ishize.

Yavuze ko umunsi umwe yari yaruhutse ari ku isabato kakabatungura amazi yinjira mu nzu bacururizamo yangiza ibyari birimo byose.

Avuga ko kuva ubwo bamwe mu bakegereye baretse kurangura byinshi mu bihe by’imvura kuko bataba bizeye ako kagezi ka Mutera kuko isaha n’isaha gashobora kuzura rigore kakabasenyera cyangwa kakabangiriza.

Aka kagezi karuzura kakamena muri rigole y'umuhanda amazi agacukura umuhanda. Uretse umuhanda kanasenyera abaturage.
Aka kagezi karuzura kakamena muri rigole y’umuhanda amazi agacukura umuhanda. Uretse umuhanda kanasenyera abaturage.

Uwitwa Innocent yavuze ko uretse kuzura kakanasenyera bamwe mu baturage amazi yinjira no mu biro by’akarere akamanuka anangiza mu mazu y’abaturage.

Muri 2014 haresenyutse amazu arenge atanu naho muri 2015 hasenyuka andi ndetse no muri uyu hari andi arimo gusenyuka.

Hari ibice nk’imbere y’Akarere ka Nyabihu amazi yuzura mu muhanda akawangiza akangiriza n’abaturage, n’ibice nka Rurengeri aho amazi yuzura akajya mu mazu y’abaturage akanabasenyera.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka