Abatega moto ibiciro byikubye kabiri, abafite imodoka zabo bakererwa akazi kubera ’embouteillage’ (AMAFOTO)

Bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali, baba abatwara imodoka zabo n’abatega, babyutse batungurwa na “embouteillage” mu mihanda yose ibarizwa muri Kigali.

Ikibazo cya embouteillage cyari ingorabahizi muri iki gitondo
Ikibazo cya embouteillage cyari ingorabahizi muri iki gitondo

Mu mpera z’icyumweru gishize Umujyi wa Kigali wari waburiye abagenda muri Kigali kwitegura impinduka z’imwe mu mihanda izafungwa muri iki cyumweru gitangiye.

Iryo tangazo ryavugaga ko kuva kuwa Mbere tariki 19 kugeza tariki 22 Werurwe u Rwanda ruzakira inama y’Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).

Gusa bamwe mu baturage baganiriye na Kigali Today, bavuga ko byabatunguye bitewe n’uko batatekerezaga ko imihanda yakuzuramo imodoka bene ako kageni, bikageza no ku kubura kwa moto.

Izo ni imodoka zituruka Nyabugogo zerekeza i Remera, ziciye ku muhanda uzwi nka Poids Lourds
Izo ni imodoka zituruka Nyabugogo zerekeza i Remera, ziciye ku muhanda uzwi nka Poids Lourds

Umwe watunguwe no kuba igiciro cya moto yari asanzwe agenderaho kikubye kabiri, yavuze ko yahisemo muri iyi minsi kuzajya agenda n’amaguru.

Agira ati “Kuva mu rugo njya ku kazi nari nsanzwe nishyura 600Frw ariko iki gitondo natunguwe no kubona abamotari banca 1500Frw kandi nabwo bari bayanze, moto yose yazaga yanyihoreraga.”

Ni gutya byari byifashe ku muhanda wo ku Kinamba muri iki gitondo
Ni gutya byari byifashe ku muhanda wo ku Kinamba muri iki gitondo

Mugenzi we nawe bakorana yavuze ko ubusanzwe yabyukaga agasanga moto hafi y’urugo rwe agahita ayuririra, ariko ngo muri iki gitondo yakoze urugendo rungana na kilometero ebyiri zose atarabona moto, kuko n’izo yahuraga nazo yasangaga zifite abagenzi.

Iyi nama u Rwanda rwakiriye ni imwe mu nama ikomeye ku mugabane wa Afurika, kuko abaperezida 26 n’abahagarariye ibihugu n’imiryango mpuzamahanga benshi bemeje ko bazayitabira.

Iyi nama izaba yibanda by’umwihariko ku koroshya ubuhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika.

Embouteillage yagiye igera na Nyarutarama
Embouteillage yagiye igera na Nyarutarama
Imodoka zahisemo kunyura Nyarutarama zasanze naho bitoroshye
Imodoka zahisemo kunyura Nyarutarama zasanze naho bitoroshye
Imodoka zimwe zahitagamo gukatira mu nzira zigafunga imihanda ariko iyo Polisi yafataga yahitaga iyandikira
Imodoka zimwe zahitagamo gukatira mu nzira zigafunga imihanda ariko iyo Polisi yafataga yahitaga iyandikira

Iyi ni vedeo igaragaza uko mu muhanda byari byifashe muri iki gitondo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka