Abagore bahawe umukoro wo kwigisha urubyiruko umuco wo kwihesha agaciro

Madame Jeannette Kagame yatashye ku mugaragaro inzu yubatswe n’abanyamuryango b’Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe, ifite agaciro ka miliyoni 530 y’u Rwanda.

Madame Jeannette Kagame, Minsiitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, Hon. Nyirasafari Esperance (Iburyo) na Perezida wa Pro-Femmes Twese Hamwe, Kanakuze Jeanne d'Arc mu muhango wo kwizihiza isabukuru y'imyaka 25th imaze ishinzwe.
Madame Jeannette Kagame, Minsiitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Hon. Nyirasafari Esperance (Iburyo) na Perezida wa Pro-Femmes Twese Hamwe, Kanakuze Jeanne d’Arc mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25th imaze ishinzwe.

Hari mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe imaze wabaye kuri uyu wa 07 Nyakanga 2017.

Uretse iyi nyubako iri mu murenge wa Gahanga muri Kicukiro izajya ikodeshwa, Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe igira uruhare mu bikorwa bitandukanye birimo, kurwanya ihohoterwa no gufasha abagore kwiteza imbere.

Abanyamuryango ba Pro-Femmes Twese hamwe bamurikira Madame Jeannette Kagame ibyo bagezeho.
Abanyamuryango ba Pro-Femmes Twese hamwe bamurikira Madame Jeannette Kagame ibyo bagezeho.

Madame Jeannette Kagame yashimye Pro-Femmes kubera ibikorwa byiza yagejeje ku bagore bituma biteza imbere ndetse n’imibanire irushaho kuba myiza, anabasaba gukomeza kuba umusemburo w’amahoro.

Yagize ati “Murasabwa gukomeza kuba umusemburo w’amahoro mu miryango no mu bo mukorana, hakoreshejwe imbaraga z’abagore bo shingiro ry’iterambere rirambye n’umuryango ubereye u Rwanda.

Madame Jeannette Kagame yifatanyije n'abanyamuryango Pro-Femmes Twese Hamwe bafata ifoto y'urwibutso.
Madame Jeannette Kagame yifatanyije n’abanyamuryango Pro-Femmes Twese Hamwe bafata ifoto y’urwibutso.

Ubudasa mwagaragaje mu gukorana neza n’izindi nzego mubukomeze ndetse n’abandi babigireho”.

Yahaye kandi umukoro abanyamuryango ba Pro-Femmes “Mbasigiye umukoro wo gukomeza kwigisha abakiri bato umuco wo kwigira no kwihesha agaciro bityo babe mu Rwanda buri wese yibonamo”.

Bamwe mu bagore batejwe imbere na Pro-Femmes Twese Hamwe bishimiye guhura na Madame Jeannette Kagame.
Bamwe mu bagore batejwe imbere na Pro-Femmes Twese Hamwe bishimiye guhura na Madame Jeannette Kagame.

Yakomeje asaba abayobozi batandukanye gufatanya na Pro-Femmes gukemura ibibazo bicyugarije umuryango nyarwanda birimo amakimbirane mu miryango, ihohoterwa rigikorerwa abagore, gutwita kw’abangavu, icuruzwa ry’urubyiruko n’ikibazo cy’abana bata ishuri n’abatitabwaho.

Umuyobozi wa Pro-Femmes Twese Hamwe, Jeanne d’Arc Kanakuze, avuga ko mu byo bitayeho banishimira ari ukongera umugore ubushobozi.

Madame Jeannette Kagame asinya mu gitabo nyuma yafunguraga ku mugaragaro ikigo cy'icyitegererezo cya "Centre of Excellence for Women Leadership".
Madame Jeannette Kagame asinya mu gitabo nyuma yafunguraga ku mugaragaro ikigo cy’icyitegererezo cya "Centre of Excellence for Women Leadership".

Ati “Nyuma ya Jenoside yakorewe batutsi mu 1994, abanyamuryango baharaniye kongera umugore ubushobozi kuko byari bigoye ko umugore ajya mu nzego z’ubuyobozi, agatanga ibitekerezo. Ubu twishimira ko byagezweho”.

Abatoni Peninah witabiriye iki gikorwa avuga ko hari itandukaniro rinini hagati y’umugore utari muri Pro-Femmes n’uyirimo.

Madame Jeannette Kagame ageza ijambo ku bitabiriye ibiroro by'isabukuru y'imyaka 25 Pro-Femmes Twese Hamwe imaze ishinzwe.
Madame Jeannette Kagame ageza ijambo ku bitabiriye ibiroro by’isabukuru y’imyaka 25 Pro-Femmes Twese Hamwe imaze ishinzwe.

Ati “Uba muri Pro-Femmes arahugurwa, agafashwa iyo ahohotewe ndetse akanerekwa n’inzira yo gushaka amafaranga akiteza imbere.

Utayibamo akenshi ntamenya n’aho ayo mahirwe aherereye kubera kubura amakuru bityo akadindira mu iterambere”.

Minisitiri Nyirasafari ageza ijambo ku bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 25 Pro-Femmes Twese Hamwe imaze ishinzwe.
Minisitiri Nyirasafari ageza ijambo ku bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 Pro-Femmes Twese Hamwe imaze ishinzwe.

Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe igizwe n’imiryango 57, abanyamuryango ibihumbi 58 n’abagenerwabikorwa ibihumbi 689.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

twishimiye cyane ibyo profeme twesehamwe yagezeho gewe mba mumuryango wa joc joc ufite ishamiryabakobwa twita jocf rifatanya na profeme gutezimbere umwari numutegarugori

gashotsi alex yanditse ku itariki ya: 7-07-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka