Nyuma yo guhabwa imidali itatu yo mu rwego rwo hejuru kubera uruhare yagize mu ibohozwa ry’igihugu cya Uganda, Perezida Kagame yatangaje ko imidali yahawe ayituye Abanyarwanda n’Abanya-Uganda bagize uruhare mu ibohorwa ry’ibihugu byombi.
Habonetse andi makuru yemeza ko umuherwe utakibarizwa mu Rwanda, Tribert Ayabatwa Rujugiro, afite uruhare mu gutera inkunga ibikorwa bikomeje guhungabanya umutekano mu mujyi wa Kigali.
Umuyobozi w’ingabo z’igihugu mu gace ka Muhanga, Kamonyi, Nyanza n’agace gato ka Huye, Colonel Kananga, aratangaza ko umuntu wese utinyuka gutera ibisasu mu bantu aba ari ingegera kuko kenshi aba yakoreshejwe n’inda gusa.
Abana babiri b’abakobwa barererwa mu kigo cy’imfubyi kitwa Nyampinga mu karere ka Huye, bafashwe na polisi yo mu karere ka Nyanza ubwo bari batorotse berekeza mu mujyi wa Kigali.
Umushinja cyaha mukuru w’u Rwanda, Martin Ngoga, yatangaje ko u Rwanda rwakiriye neza kuba Leo Mugesera yoherejwe kuburanira mu Rwanda.
Uyu munsi Perezida Kagame yageze muri Uganda aho yitabiriye umuhango wo kwizihiza umunsi wo kubohora igihugu cya Uganda. Muri uyu muhango uzaba ejo tariki 26/01/2012, Perezida Kagame azahabwa umudari nk’umuntu wagize uruhare rukomeye mu ibohozwa rya Uganda kuko yari mu ngabo za National Resistance Army (NRA) za Yoweli (...)
Umuyobozi wungirije ushinzwe amajyambere arambye muri Banki y’Isi, madame Rachel Kyte, azagirira uruzinduko mu Rwanda kuva ejo tariki 26/01/2012 kugeza tariki 29.
Urubyiruko rugera 47 ruturutse mu mpande zitandukanye z’isi ruteraniye mu mahugurwa yo kurwanya ubwihebe yateguwe n’ikigo nyafurika kita ku nyigisho z’ingenzi (Africa Center for Strategic Studies). Ayo mahugurwa arimo kubera i Kigali kuva tariki 23/01/2012.
Nyuma yo kugera i Kigali ahagana mu ma saa sita z’ijoro Leon Mugesera nyuma yo kwambikwa amapingu yahise ashyirwa mu modoka ajyanwa muri gereza nkuru ya Kigali izwi ku izina rya 1930
Abantu bagera kuri 16 bakomerekejwe n’igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade, cyaturitse ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 24/01/2012, mu masaha y’isaa Moya na 15, kuri Rond Point nini yo mu mujyi wa Muhanga, mu kagari ka Gahogo umurenge wa Nyamabuye.
Mu gihe Habyarimana Jean Claude yibwira ko agirira abana neza abafasha kumenya uko bitwaye mu bizamini, byababaje abana barangije amasomo yabo ku mashuri ya Nsheke mu murenge wa Nyagatare kuko bavuga ko babibona nko kubandagaza.
Abapolisi bakuru 40 baturuka mu mashami atandukanye ya Polisi y’Igihugu amahugurwa y’iminsi itatu mu gusuzuma umusaruro w’abakozi.
Abatuye umurenge wa Niboye akarere ka Kicukiro babangamiwe cyane n’imwe mu mihanda yerekeza mu midugudu igize uyu murenge.
Kuri uyu wa kabiri tariki 24/1/2012, Minisitiri w’Ingabo, James Kabarebe, yakiriye mu biro bye umujyanama w’Amerika ku bibazo bya Darfur, Ambasaderi Dan Smith, bagirana ibiganiro ku ruhare rw’u Rwanda mu gucunga amahoro.
Komisiyo ishinzwe politiki n’uburinganire mu nteko ishingamategeko, taliki 23/01/2012, yatangiye kwiga umushinga w’itegeko rirebana n’uburenganzira ku kubona amakuru (access to information bill).
Mu rugendo yagiriye mu karere ka Ntagatare tariki 23/01/2012, Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yashimye ibyo ako karere kamaze kugeraho birimo uruganda East Africa Granite Industries Ltd rukora amakaro maze anarwizeza inkunga.
Kuva tariki 24 kugeza 28 Mutarama 2012, umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Kamalesh Sharma, azagirira uruzinduko mu Rwanda.
Ismail Uwimana arahigwa n’Urwego rushinzwe imisoro rwa Polisi (RPD) kubera icyaha akekwaho cyo gufata puraki z’imodoka zishaje zo mu Rwanda akazishyira ku modoka nshya ziturutse hanze.
Muberuka Fulgence arasaba akarere ka Gatsibo kumwishyura amafaranga y’imirimo yakoze imaze imyaka 13 atarishyurwa ndetse n’ibikorwa byo kubaka podium Perezida Kagame yavugiyeho ijambo muri 2010 ubwo yari yasuye akarere ka Gatsibo.
Mu ngendo agirira mu turere dutandukanye biteganyijwe ko kuri uyu wa mbere Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, asura uruganda East African Granite Industry Limited rukora amakaro rwubatse mu karere ka Nyagatare.
Umuryango w’Abahinde uturuka muri Leta ya Kerela witwa Rwanda Malayalee Association wahaye inkunga y’ibikoresho n’ibiribwa abana b’impfubyi bo mu kigo cya Mother Theresa, giherereye hafi y’ikigo cy’amashuri cya Sainte Famille mu mujyi wa Kigali.
Minisitiri w’intebe Pierre Damien Habumuremyi arasaba abatuye intara y’Amajyaruguru kutirara n’ubwo bamaze kugera kuri byinshi byiza, kuko bari mu ipiganwa. Yabitangaje mu birori byo kumurika ibyo intara iyi ntara yagezeho mu mwaka wa 2011, byabaye kuwa Gatandatu tariki ya 21/01/2012.
Abasirikare 78 bahoze mu mutwe w’inyeshyamba wa FDLR bagarutse mu Rwanda, bazanywe n’Ubutumwa bw’Amahoro bw’Umunryango w’Abibumbye muri Congo (MONUSCO), mu gikorwa cyayo cyo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ku rugerero.
Guhera ku manywa yo kuwa gatanu tariki 20/01/2012 abantu bongeye kumva Radio Salus ivugira ku mirongo yari isanzwe ikoreraho, ariyo 97.0 MHz FM mu majyepfo no ku 101.9 MHz mu mujyi wa Kigali.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyantwali Alphonse, atangaza ko umuyobozi nyawe adashobora kugira umutekano igihe cyose umuturage ayobora adatekanye.
Abanyamadini basanga nabo ari uruhare rwabo rwo gukangurira abaturage zimwe muri gahunda za leta ziganisha ku iterambere, zirimo gufasha gusobanurira abaturage akamaro ko kwakira neza ababagana.
Ubwo hasozwaga ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Rulindo, tariki 20/01/2012, hagaragaye abaturage batarasobanukirwa na gahunda yo guhinga ibigori mu mwanya w’amasaka, ndetse n’ibihano bahabwa uwarenze uwarenze kuri ayo mabwiriza.
Abanyeshuri biga mu kigo cya College Karambi kiri mu murenge wa Kabagari wo mu karere ka Ruhango baratangaza ko kuba ikigo bigamo kitagira amazi bigira ingaruka ku buzima no ku myigire byabo.
Mu nama cyagiranye n’ishyirahamwe ry’abatwara abagenzi mu Rwanda, tariki 19/01/2012, ikigo ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA) cyatangaje ko kigiye kumanura ibiciro by’ingendo.
Ubwo bibukaga abakozi ba BRALIRWA 36 bishwe n’abacengezi ku Gisenyi (Rubavu) tariki tariki 19/01/1998, abasigaye bo mu miryango y’izi nzirakarengane yibumbiye mu ishyirahamwe “Girimpuhwe” bashimiye BRALIRWA ukuntu ikomeje kubatera inkunga.