Umuganda usoza Nyakanga 2016 ahenshi mu gihugu wibanze ku bikorwaremezo byiganjemo imihanda
Mu Ntara y’Amajyepfo hasozwa icyumweru cyahariwe ubukangurambaga mu kwandikisha ibyangombwa bya burundu by’ubutaka, abagifite ibyangombwa by’agateganyo byabwo bigereranywa n’”ibiryabarezi”.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye kurushaho gusobanurira abaturage ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye kugira ngo hagabanywe amakimbirane mu miryango.
Perezida Kagame yibukije abanyeshuri 8,500 bahawe impamyabumenyi muri Kaminuza y’u Rwanda ko, aribo u Rwanda rufiteho icyizere cy’iterambere rirambye ry’ejo hazaza.
Irondo ryo mu Kagari ka Kankobwa mu Murenge wa Mpanga i Kirehe ryakijije umugore umugabo we yari amaze gutera icyuma ashaka kumwica.
Aba ‘Ofisiye’ ba Polisi barangije icyiciro cya munani cy’amahugurwa ya ’Cadet’ i Gishari, barasabwa kwitangira igihugu nta bugwari, kabone nubwo byabasaba gutanga ubuzima bwabo.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge hamwe na Unity Club, bugaragaza ko Akarere ka Rutsiro kaza imbere mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.
Abanyeshuri barimo kwiga gufotora mu kigo cy’itangazamakuru, Kigali Today, basuye abagore bakora ubugeni mu kigo “Women for Women” kiri mu Karere ka Kayonza.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Burera baracyumva ko imirimo ivunanye ikoreshwa abana ntacyo itwaye kuko ibinjiriza amafaranga.
Itsinda rya AERG ryahize amatsinda y’uturere 17 mu marushanwa y’ibiganiro mpaka yateguwe n’Imbuto Foundation agamije gutoza urubyiruko kuvuga neza mu ruhame.
Umuryango utabara imbabare (Croix Rwanda) ufite intego yo kwigira kugirango ushobore gukomeza kugoboka abatishoboye.
Leta ya Amerika irizeza u Rwanda ubufatanye burambye mu kubungabunga amahoro ku isi, kubera icyizere rukomeje kugirirwa n’amahanga.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative y’Abakozi b’Akarere ka Rutsiro COTOPROCO (Congo Nil tourism Promotion cooperative) ngo bagiye gusezera bitewe n’imicungire yayo mibi.
Umubyeyi utaramenyekana yataye uruhinja rw’umukobwa ruri mu kigero cy’amezi abiri mu gihuru, rutoragurwa n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ari na ho byabereye.
Abatuye i Cyendajuru mu Murenge wa Simbi muri Huye bishimira ko begerejwe amazi meza, ariko noneho ngo uwabaha n’amashanyarazi.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baravuga ko bafite impungenge ko imvura iramutse yongeye kugwa umuhanda Kigali- Rubavu wakwongera gufunga.
Abaturage batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kibangira mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, babangamiwe n’ikibazo cyo kutagira amazi.
Abayobora FDLR ngo bohereza abana ba bo kwiga mu gihe abavuka ku barwanyi bato birirwa batikirira mu mashyamba ya Congo.
Umuyobozi w’ikigo cy’abana bafite ubumuga (HRD) mu Karere ka Muhanga, Mukamwezi Léoncie, arasaba ubufasha bwo kurera abana 37 bafite ubumuga bari muri icyo kigo.
Abanditsi ba filime Nyarwanda bagera kuri 15, bari guhugurwa ku myandikire inoze kandi ya kinyamwuga muri filime.
Impuguke za Congo Brazaville ziri mu Rwanda kuganira ku myanzuro yashyizweho mu guteza imbere ubuhahirane bw’ibihugu byombi
Imiryango yahoze ikennye cyane mu Karere ka Nyanza, ariko ikaba yarorojwe binyuze muri “Girinka”, iremeza ko iyi gahunda yabakijije ubworo bakaba abatunzi.
Abanyarwandakazi ba rwiyemezamirimo bavuga ko kwishyira hamwe na bagenzi babo b’Abanyakenya bizamura imyumvire y’ibyo bakora kandi bikabongerera umusaruro.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 26 Nyakanga 2016, ku Biro by’Umurenge wa Ngoma hagejejwe “ibiryabarezi” byinshi bibikwa muri kimwe mu byumba by’umurenge.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi bwongeye kwizeza umukecuru Mukabagema Anastasie utagira inzu yo kubamo kumwubakira mu gihe kitarenze ukwezi.
Abanyamuryango ba koperative COTMIN Intiganda y’abamotari barasaba ubuyobozi bwabo kwegura kuko bwananiwe kubashakira uruhushya rubemerera gukora (authorization).
I Nyabihu ngo bigiye byinshi ku mihigo batabashije kwesa uko bari bariyemeje irimo uwa "Gira inka" n’uwa Biogaz.
Nyuma yo kubarura bagasanga mu Karere ka Karongi konyine hari “ibiryabarezi” 70, ubuyobozi bw’ako karere bwaburiye ababyeyi bafite abana bari mu biruhuko.
Abaturage bafite ibyuma bishya i Nyarupfubire muri Nyagatare baravuga ko REG yabapfunyikiye “Transformer” idakora kubera kwikanga urundinduko rwa Perezida Kagame.
Uyubobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko hari imihigo igera kuri ine yadindijwe n’abafatanyabikorwa bigatuma ijya munsi ya 90%.