Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika John Kerry, azagenderera u Rwanda tariki ya 13 na 14 Ukwakira 2016.
Ubuyobozi bw’ Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari ICPAR, buratangaza ko amasomo butanga, yagabanyije amakosa y’ibaruramari yagaragaragara mu bigo bya Leta.
Nshimyumukiza Richard wo mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, arashimira Kigali Today ubuvugizi yamukoreye, akabona iby’ababyeyi be.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Ukwakira 2016, nibwo umuhango wo guherekeza Senateri Jean de Dieu Mucyo uherutse kwitaba Imana azize urupfu rutunguranye watangiye.
Perezida Paul Kagame arasaba abayobozi bashya n’abasanzwe muri guverinoma gukora neza kandi bihutisha ibyo bakora kugira ngo u Rwanda rukomeze gutera imbere.
Umuryango wita ku bababaye witwa Food for Hungry ukorera mu Karere ka Nyagatare, wahaye abafite ubumuga barindwi amagare yo kubafasha mu rugendo.
Polisi y’igihugu yazanye imashini nshya zo kugenzura ubuzima bw’ibinyabiziga (Controle technique) kugira ngo abashaka iyo serivisi batazongera gutinzwa.
Musabyimana Jean Claude, wari umuyobozi w’Akarere ka Musanze, yagizwe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru asimbuye Bosenibamwe Aimé wayoboye iyo ntara imyaka irenga itandatu.
Mu kwizihiza icyumweru mpuzamahanga cyahariwe kwita ku baguzi, Banki y’Abaturage (BPR) yiyemeje gukemura ibyo abakiriya bayisaba birimo imirongo miremire y’abayigana.
Imvura igwa hirya no hino mu gihugu yatumye uruzi rw’akagera rwuzura, amazi arengera imyaka ihinze mu gishanga cya Gashora.
Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), ivuga ko ikimoteri cya Nduba kikiri ikibazo ku bagituriye aho kuba igisubizo.
Ashingiye ku biteganywa n’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003, Perezida Paul Kagame yashyizeho abagize guverinoma ku itariki ya 04 Ukwakira 2016.
Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije umuryango wa Nyakwigendera Senateri Jean de Dieu Mucyo witabye Imana azize urupfu rutunguranye tariki ya 03 Ukwari 2016.
Umuyoboro ukura amazi mu Mujyi wa Rubavu uyaganisha mu kiyaga cya Kivu wasenywe n’imvura, amazi yirara mu ngo z’abaturage.
Abanyeshuri biga amategeko mu makaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda bagiye gupima ubumenyi bwabo mu bijyanye n’amategeko mpuzamahanga agenga intambara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana burizeza abaturage ko bitarenze umwaka wa 2017-2018 gare ya Rwamagana izaba yubatse.
Nyuma yo kumara umwaka nta mvura igwa bigatera amapfa, muri Kayonza noneho haguye imvura idasanzwe isenya amazu y’abaturage inangiza urutoki.
Abadepite batunguwe no gusanga mu karere ka Musanze hari imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ishyinguye hamwe n’abishwe n’abacengezi mu 1998.
Abatuye akarere ka Rulindo, bavuga ko gahunda bazaniwe yo kwibumbira mu matsinda yo kurwanya umwanda, yabafashije kuwusezerera mu ngo zabo.
Perezida wa Sena Bernard Makuza aremeza ko Senateri Mucyo Jean de Dieu asize icyuho gikomeye muri Sena no ku gihugu muri rusange.
Komisiyo y’igihugu yita ku bana (NCC) ivuga ko ibibazo by’imwe mu miryango nk’amakimbirane, biri mu bituma abana b’imfubyi bayijynwamo, bayivamo.
Senateri Jean de Dieu Mucyo yitabye Imana muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Ukwakira 2016 .
Senateri Bizimana Evariste anenga abatuye muri Musanze kuba bakigaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside kandi mu ndamukanyo yabo yerekana ko bagomba kuyirwanya.
Hatangizwa icyumweru cy’Ubumwe n’Ubwiyunge, Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yashimiye abatuye Ngororero ko bafite amanota ya mbere mu bumwe n’ubwiyunge.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yumijwe n’ibibazo by’ubuharike biri mu Karere ka Musanze byateje ingaruka mbi muri imwe mu miryango.
Imvura nyinshi yaguye mu murenge wa Rukomo muri Nyagatare yateje umwuzure mu mazu y’ubucuruzi 17, ibicuruzwa byari birimo birangirika bikomeye.
Imiryango y’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu, yo mu Karere ka Nyagatare, yashyikirijwe amazu yubakiwe kugira ngo irusheho kubaho neza.
Ikigo cy’igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) kivuga ko gihangayikishijwe n’abacuruzi binjiza ibikoresho by’ubwubatsi bitujuje ubuziranenge, bafatwa bagasabwa kubisubizayo ntibabikore.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa Sierra Leone, Maya Moiwo Kaikai aratangaza ko intambwe y’ubumwe n’ubwiyunge y’Abanyarwanda ari urugero rwiza rw’ibihugu ku isi.
Louise Mushikiwabo, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane yahagarariye Perezida w’u Rwanda mu muhango wo gushyingura Shimon Peres.