Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi UECL ishami rya Gicumbi, cyatangije gahunda yo gusanga abaturage mu ngo kikabaha umuriro.
Abatuye Akarere ka Nyamagabe bemeza ko gahunda ya “Girinka” idafasha mu kubakura mu bukene gusa ahubwo yabaye na gahuzamiryango.
Madame Jeannette Kagame afatanyije na Della Tamari, umuyobozi wungirije w’umuryango “Tamari Foundation” batangije imirimo yo kubaka irerero ry’icyitegererezo rizuzura ritwaye arenga miliyoni 80RWf.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) kigaragaza ko imitangire ya serivisi muri Musanze ikiri hasi kuburyo iri ku kigero cya 69.3% gusa.
Perezida wa Repubulika witabiriye inama yiga ku bukungu bw’isi iteraniye mu Mujyi wa Davos mu Busuwisi, asanga nta gikorwa ngo ubucuruzi hagati y’Abanyafurika butangire bukorwe, nubwo byagiye byifuzwa kuva kera.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana yitabiriye ibirori bibanziriza kurahira kwa Perezida Donald Trump watarewe kuyobora icyo gihugu.
Perezida Paul Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga ngarukamwaka yiga ku bukungu bw’Isi, World Economic Forum (WEF), irikubera i Davos mu Busuwisi, yatangiye kuri uyu wa 17 Mutarama 2017 ikazasozwa tariki 20 Mutarama 2017.
Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Mutarama 2017 yafungiwe amashanyarazi kubera kutishyura ikirarane cyo mu kwezi kw’Ugushyingo 2016, kingana na Miliyoni 12 RWf.
Abaturage batandukanye bo muri Karongi bavuga ko batarasobanukirwa ibijyanye n’itegeko ryo gukuramo inda uretse ngo kumva ko ryashyizweho gusa.
Umusaza Kavutse Aron utuye mu Karere ka Nyamagabe ahamya ko agiye kugira amasaziro meza kubera inka yagabiwe.
Abantu 27 barimo Abasilikare, abapolisi n’abasivili baturutse mu bihugu birindwi byo muri Afurika bariga uburyo bahangana n’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana mu ntambara.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) ibicishije mu nyandiko yashyizweho umukono na Dr Bizimana Jean Damascene uyibereye Umunyamabanga Nshingwabikorwa, yerekanye amatariki akomeye yaranze itegurwa n’igeragezwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ishuli rikuru ry’ingabo z’u Rwanda ryateguye iserukiramuco rihuza ba Ofisiye baturutse mu bihugu 11 byo ku mugabane w’Afurika baje kuryigamo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanyomoje abavuga ko u Rwanda nta mutungo kamere rufite avuga ko uhari kandi ko guhera muri 2017 uzabyazwa umusaruro by’umwihariko.
Umuhango wo gutabarizwa k’Umwami Kigeli V Ndahindurwa, watangiye mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 15 Mutarama 2017.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Mutarama 2017, Madamu Jeannette Kagame yitabiriye inama ku buzima bw’imyororokere byahuje abafasha b’abakuru b’ibihugu bya Afurika bitabiriye Inama ihuza abayobozi b’ Ubufaransa n’ abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zo muri Afurika (Sommet France Afrique).
Imyiteguro yo gutabariza Umwami Kigeli V Ndahindurwa ikomereje aho atabarizwa mu mudugudu wa Mwima, akagari ka Rwesero, umurenge wa Busasamana muri Nyanza.
Abamotari bibumbiye muri Koperative Intambwe Motari (CIM) ikorera i Huye, baremeye Christine Mukabutera, umupfakazi wa Jenoside yakorewe abatutsi, bamugabira inka y’imbyeyi n’inyana yayo.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankano Marie Rose arahamagarira abaturage b’Akarere ka Gisagara kujyana abana babo mu mashuri kuko bizabagirira akamaro bidatinze.
Minisitiri w’Intebe, Murekezi Anastase arizeza abarimu ko ibibazo bitandukanye bafite bizagenda bikemuka kuko hari n’ibindi byinshi Leta y’u Rwanda yakemuye.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bifuza ko hajyaho umugoroba wahariwe kurwanya iboyobyabwenge kugira ngo babirwanye bicike kuko biri kwangiza urubyiruko.
Abagize umuryango w’Abahindiro bemeje ko Umugogo wa Kigeli V Ndahindurwa uzatabarizwa ku cyumweru tariki ya 15 Mutarama 2017, i Mwima na Mushirarungu mu Karere ka Nyanza.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) itangaza ko buri mukozi utari nyakabyizi yemerewe ikiruhuko cy’iminsi 18 buri mwaka nkuko kigenwa n’amategeko.
RwandAir igiye gutangira ingendo zijya i Mumbai mu Buhinde, mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi n’ubuhahirane hagati y’u Rwanda n’iki gihugu.
Musenyeri Servilien Nzakamwita, umushumba wa Diyoseze ya Byumba avuga ko abantu nibahinduka bakumvira Imana aribwo amakimbirane agaragara mu miryango azacika.
Urubyiruko rwiga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Butare (GSOB) “Indatwa n’Inkesha” biyemeje kuzakora itangazamakuru rizajya riba ikiraro hagati y’ubuyobozi n’abaturage nibamara kugera mu kazi.
Polisi y’igihigu ikorera mu mujyi wa Kigali yerekanye abantu bane bakurikiranweho kugurisha inzitiramibu zari zigenewe abaturage.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze mu Buhinde aho yitabiriye inama ya munani ya "Vibrant Gujarat Global Summit" yiga ku iterambere ry’ubukungu burambye.
Umuryango w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wakiriye umugogo we, kuri uyu wa Mbere tariki 9 Mutarama 2017.