Perezida Kagame yifuza kubona ibihugu by’u Burayi biza gushora imari muri Afurika kuruta uko byagira ikindi biyikorera mu buryo bw’inkunga.
Ikigo cy’igihugu cy’Ubuziranenge (RSB) gitangaza ko u Rwanda rugeze ku bicuruzwa 400 byujuje ubuziranenge mpuzamahanga byiganjemo iby’ubwubatsi.
Umuryango w’Abayisiramu mu Rwanda n’abaterankunga bawo bo muri Turukiya baremeye Abayisilamu batishoboye bo muri Nyamasheke kubafasha kurangiza neza igisibo cya Ramadhani.
Perezida Kagame, mu nama mpuzamahanga y’u Burayi ku Bufatanye mu Iterambere (EDD 2017) irimo kuba kuva 07-08 Kamena 2017, yavuze ko atabona impamvu Afurika n’Uburayi bikwiye kuba birebana ay’ingwe mu nyungu zitandukanye.
Mu karere ka Ngororero bimwe mu bikorwa remezo cyane cyane imihanda ihuza uturere byugarijwe n’imigezi ibyangiza.
Urubyiruko ruherutse gutahuka ruvuye muri Congo, bavuga ko bagejeje ku myaka 25 batazi gusoma no kwandika kubera imyaka bamaze bazerera mu mashyamba ya Congo.
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa Kabiri, yemeje umushinga w’itegeko rigena ingengo y’imari ya Leta y’Umwaka 2017/2018.
Ibihumbi by’Abanyarwanda batuye mu gihugu cy’u Bubiligi n’inshuti zabo, biteguye kwakira Perezida Kagame kuri uyu wa 10 Kamena 2017, aho azitabira igikorwa ngarukamwaka gihuza Abanyarwanda baba mu mahanga, kizwi nka "Rwanda Day".
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yafashe mu mugongo u Bwongereza, nyuma y’igitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe i Londres mu murwa mukuru w’icyo gihugu, kigahitana abantu umunani, kigakomeretsa 48.
Inteko rusange y’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Kicukiro, yemeje 100% ko Paul Kagame ari we mu kandida uzahagararira FPR, mu matora y’umukuru w’igihugu, ateganyijwe muri Kanama uyu mwaka.
Inama ya biro Politiki y’Ishyaka PSD yanzuye ko Paul Kagame ari we mukandida uzahagararira iryo shyaka mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba ku itariki 04 Kanama 2017.
Abanyamuryango ba FPR muri Gasabo batoye Perezida Paul Kagame kuzabahagararira mu matora ya Perezida, ariko ishyaka abagore bagaragaje mu kumwamamaza niryo ryihariye umuhango.
Abaturage bo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe bahamya ko ibikorwa byo muri gahunda ya “Army week” ari bimwe mu bibafasha gusezerera ubukene.
Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no gukumira ibiza (MIDIMAR) ifatanije na “One UN” bubakiye Abanyarwanda batahutse batishoboye bo muri Rubavu.
Perezida Paul Kagame na bagenzi be babiri barimo uwa Madagascar Rajaonarimam Pianina na Akufo-Addo wa Ghana, baritegura uruzinduko rw’akazi muri Zambia.
Ikigo cy’igihugu kigenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyatangaje ko Komisiyo y’igihugu y’Amatora (NEC) nta burenganzira ifite bwo kugenzura ndetse no guhagarika ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu baturage.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo avuga ko mu gihe cy’amatora Abanyarwanda bakwiye gukoresha imbuga nkoranyambaga bakavuga ikibari ku mutima batarinze kubisabira uruhushya.
Abanyamakuru barasaba inteko ishingamategeko y’u Rwanda kubakorera ubuvugizi,abakivuga ko itangazamakuru ryagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bakabireka.
Depite Bamporiki Edward wanditse Igitabo “Mitingi Jenosideri” akangurira abakomoka ku babyeyi bakoze jenoside kwandika ibimeze nk’Isezerano rya Kera n’Isezerano rishya bigize Bibiliya.
Uwahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku yarangije amasomo yo mu ishuri ry’imbonezamirire mu Karere ka Muhanga.
Ukurikije imibare y’abashyingurwa mu irimbi rya Rusororo buri kwezi n’uko iryo rimbi ringana, rizaba ryuzuye mu mezi icumi, ntaho gushyingura rigifite.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arahamagararira abayobozi kuzamura impano zitandukanye Abanyarwanda bafite kugira ngo haboneke benshi basohokera igihugu mu marushanwa mpuzamahanga.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, Imodoka yo mu bwoko bwa Quaster itwara abagenzi yavaga mu Majyaruguru igana i Kigali, iguye mu kabande ka Shyorongi ihitana abagera kuri 15.
kuwa Gatanu, tariki ya 26 Gicurasi 2017, Inama y’Abaminisitiri Idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yasabye abayobozi b’Afurika kudakumira ubwisanzure bw’abantu bambuka imipaka, bitwaje ko ari bo ntandaro y’umutekano mucye.
Hirya no hino mu gihugu, abaturage bafatanyije n’ubuyobozi n’inzego z’umutekano babyukiye mu muganda rusange usoza ukwezi wa Gicurasi 2017.
Abanyarwanda baba mu Bubiligi batumiye inshuti zabo kuzaza kwifatanya nabo kwakira Perezida Paul Kagame uzaba uri muri iki gihugu tariki 7 Kamena 2017.
Minisitiri w’umuco na Siporo Uwacu Julienne avuga ko uyu munsi urubyiruko rufite amahirwe yo guhitamo ikiri icyiza harwanywa Jenoside.
Abanyeshuri baturutse muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, bari mu Rwanda mu rugendoshuri, biyemeje kuzavuga ukuri ku byo babonye ku Rwanda nibataha.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Gicurasi 2017, u Rwanda rwifatanije na Afurika yose mu kwizihiza, umunsi ngarukamwaka wahariwe ukwibohora kwa Afurika.