Mu kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Havugiyaremye Aimable, yagaragaje uburyo amahanga nta bushake yagize bwo guta muri yombi abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside bacyihishe mu bihugu binyuranye.
Mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, tariki 11 Mata 2024 habaye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabereye muri Stade ya ULK, kibanzirizwa no gushyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi ruruhukiyemo imibiri ibihumbi 259 yakuwe mu Turere twa (...)
Abaturage bo mu Mirenge ya Rubavu, Cyanzarwe, Bugeshi na Busasamana yegeranye n’umupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basabwe gukumira ibihungabanya umutekano w’u Rwanda.
Kuri Ambasade y’u Rwanda muri Zimbabwe, Abanyarwanda, inshuti zabo, abayobozi mu nzego zitandakuye, ndetse n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga bakorera muri icyo gihugu, bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahitana ubuzima bw’abantu basaga Miliyoni mu 100 gusa.
Giraso Ella Parfaite, Umunyeshuri mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye mu Rwunge rw’Amashuri ya Kiruli (GS Kiruri) mu Murenge wa Base, yavuze umuvugo yahimbye uvuga ku bubi bwa Jenoside abaturage baratungurwa, ariko bashimishwa n’impanuro z’uwo mwana.
Arielle Kayabaga, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, yasabye ko iki gihugu cyakwemeza FDLR nk’umutwe w’iterabwoba.
Ubushakashatsi bwakozwe mu 2018, bwagaragaje ko abarokotse Jenoside yekorewe Abatutsi ari bo benshi bafite ikibazo cy’ihungabana n’agahinda gakabije ugereranyije n’abandi Banyarwanda. Ubu bushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima, Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside n’iyari Minisiteri y’Umuco na Siporo.
Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku rwibutso rwa Nyanza mu Karere ka Kicukiro ku wa Kane tariki 11 Mata 2024, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda Umutwe w’Abadepite, Hon. Donatille Mukabalisa, yibukije abitabiriye icyo gikorwa ko bakwiye gukomeza kwigenera ibyo bashaka (...)
Urubyiruko ruhuriye mu Ihuriro ry’abakora ibikomoka ku mpu mu Rwanda (Kigali Leather Cluster), rwiyemeje kwigira ku mateka rukarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside n’ikindi cyose gifitanye isano nayo.
Ubuyobozi bw’uruganda rukora amashanyarazi hifashishijwe nyiramugengeri i Mamba mu Karere ka Gisagara, buvuga ko butarabasha gutanga amashanyarazi bwari bwariyemeje kubera ko bwahuye n’ikibazo butari bwarigeze butekerezaho, cy’imihindagurikire y’ikirere ituma ibishanga byuzuramo amazi.
Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, yatangarije Kigali Today ko we na bamwe muri bagenzi be barimo kwimuka bava aho bakoreraga berekeza aho amakoleji bigishamo yashyizwe, mu rwego rw’amavugurura ari gukorerwa iyi Kaminuza.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kimironko bufatanyije na Komite ya IBUKA mu Murenge, bateguye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, icyo gikorwa kikaba cyabereye ku rwibutso rwa Kibagabaga ruherereye muri uwo Murenge tariki 10 Mata 2024.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Kitabi-Nyungwe-Nyamasheke wari wafunzwe n’inkangu wongeye kuba nyabagendwa.
Kuri uyu wa kane tariki ya 11 Mata 2024, Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwahamije CG Rtd Emmanuel Gasana, icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, ahanishwa igifungio cy’imyaka 3 n’amezi 6, ndetse n’ihazabu ya Miliyoni 36Frw.
Bamwe mu banyeshuri biga gutwara ibinyabiziga bashaka impushya za burundu, bavuga ko bakunze guhura n’imbogamizi zo kutigishwa neza uko bikwiye, bagasaba ko ibyo bibazo byakemuka bakajya bahabwa ubumenyi buhagije, bakajya gukora ibizamini bizeye ko bari butsinde.
Mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, tariki 10 Mata 2024, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, cyitabirwa n’abantu batandukanye barimo Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, Antoine Cardinal Kambanda, ndetse n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, (...)
Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku rwego rw’Umurenge wa Nyarugenge byabereye muri Kigali Conference and Exhibition Village (KCEV) ahazwi nka Camp Kigali, tariki 10 Mata 2024.
Mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Mata 2024, kuva tariki ya 11 kugeza tariki ya 20, hateganyijwe ingano y’imvura iri hagati ya milimetero 20 na 120 mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Imvura yaguye ku gicamunsi tariki 10 Mata 2024 yateje inkangu yafunze umuhanda Nyungwe-Nyamasheke, bituma utongera kuba nyabagendwa.
Ku wa Kabiri tariki 9 Mata 2024, wari umunsi wa kabiri w’urubanza, Nkunduwimye akaba yatangiye guhatwa ibibazo n’abacamanza, ku byaha bya Jenoside ashinjwa. Ni urubanza rurimo kubera mu rukiko rwa rubanda rwa Bruxelles mu Bubiligi.
Abayisilamu bo mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bangiwe gusengera muri stade Ubumwe kubera impungenge z’umutekano muke, baza gusengera mu Rwanda, mu mujyi wa Gisenyi.
Kuri uyu wa 10 Mata 2024, Abayisilamu bo mu Rwanda n’ahandi ku Isi yose, basoje igisibo cy’ukwezi kwa Ramadhan, aho bibukijwe ko umuntu wajya mu ngeso mbi nyuma y’igisibo, icye kiba kitakiriwe na Allah (Imana), basabwa gukomeza ibikorwa byiza.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yaganirije abakozi b’Akarere ka Gakenke, abasobanurira uburyo Abanyarwanda bari bunze ubumwe, busenywa n’abakoloni bigeza u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), urahamagarira Abayisilamu batuye mu Rwanda kwizihiza neza umunsi wa Eid Fitiri ari na ko bibuka kubahiriza no kurangwa n’umuco mwiza batozwa n’idini ryabo, wo gufasha no gukomeza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubwo ku rwego rw’Umurenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro bibukaga ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Perezida w’Inama Njyanama y’uwo Murenge, Kayumba Bernard, yasabye abitabiriye icyo gikorwa, by’umwihariko urubyiruko, guha agaciro ibyagezweho bakabisigasira kugira ngo bitazasenyuka.
Perezida wa IBUKA mu Karere ka Huye, Theodat Siboyintore, avuga ko gushakisha imibiri y’abazize Jenoside, i Ngoma mu Karere ka Huye byabaye bisubitswe, kandi ko hamaze kuboneka ibarirwa mu 2,060.
Kiliziya Gatolika yageneye ubutumwa Abanyarwanda muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bwo kubaha ikiremwa muntu no gusigasira Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Yubahe Beatrice w’imyaka 15 wo mu Murenge wa Karago mu Karere ka Nyabihu, wasabiwe ubutabazi bwihuse bw’amafaranga agera kuri Miliyoni eshanu yo kumufasha kuyungurura amaraso (Dialyse), arashimira ababigizemo uruhare kuko ubufasha yabonye bwatumye ashobora kubyimbuka akaba ategereje ko ahindirirwa impyiko agasubira mu ishuri.
Muri iyi minsi u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakoerewe Abatutsimu 1994, hari abakigaragaza ibimenyetso by’ihungabana, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), kikaba gisaba Abanyarwanda kuba hafi yabo no kwiyambaza inzego z’ubuzima mu gihe bibaye ngombwa, kinagaragaza nomero za telefone zakwifashishwa mu gihe (...)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yageze i Londres mu Bwongereza aho yabonanye na Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu, Rishi Sunak, baganira ku ngingo zinyuranye zirimo kwagura umubano w’ibihugu byombi.
Abagize ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Mata 2024, bakoze urugendo mu rwego rwo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’umuryango Cyber Rwanda, butangaza ko bwashyizeho urubuga rukubiyemo amakuru ajyanye n’ibyo ingimbi n’abangavu bibaza ku mihindagurikire y’umubiri wabo, ariko bikajyana n’icyerekezo bifuza kuganamo.
Bamwe mu barokotse mu bafashwe bitwa ibyitso by’Inkotanyi mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru na Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba, barifuza ko abari abayobozi icyo gihe babazwa aho imibiri y’ababo bishwe mu byitso iherereye bagashyingurwa mu cyubahiro.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, avuga ko muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30, hazabaho ibikorwa byo kwegera abarokotse, incike n’abatishoboye baremerwe ndetse habeho na gahunda zo kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.
Abatuye mu mujyi wa Kamembe batangaza ko bamaze ibyumweru bibiri badafite amazi meza, kubera ibiza byaciye umuyoboro wari usanzwe ubagemurira amazi.
Imyaka 30 irashize Isi ibonye Jenoside, kugeza ubu, itakiri ingingo yo kugibwaho impaka zo kwemeza niba ari yo cyangwa atari yo.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Sénégal bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi yitabiriwe n’abantu basaga 400 barimo Abanyarwanda batuye muri Senegal, inshuti z’u Rwanda, abahagarariye ibihugu byabo muri Senegal (...)
Mu Karare ka Bugesera, ikibazo cy’amazi kimaze igihe kitari gito gishakirwa umuti urambye, ndetse hakozwe na byinshi birimo kubaka inganda zitunganya amazi, harimo n’urwa Kanzenze rutunganya ahabwa Umujyi wa Kigali, andi agahabwa Akarere ka Bugesera, ariko ikibazo ntikirangira, gusa ngo hari gahunda yo kugikemura burundu.
Mu gihe hirya no hino ku Isi hakomeje gutangwa ubutumwa butandukanye bukomeza u Rwanda muri iki gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, Ingaga za siporo ndetse n’amakipe yo mu Rwanda na yo yageneye ubutumwa Abanyarwanda muri ibi bihe.
Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 8 Werurwe 2024, nibwo Nkunduwimye Emmanuel yatangiye kuburana mu rukiko rwa rubanda rwa Bruxelles mu Bubiligi.
Mu gutangiza Icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, ku rwego rw’Akarere ka Musanze wabaye umwanya wo kunenga ubutegetsi bwacuze umugambi wo kuyitegura no kuyishyira mu bikorwa, abaturage bashishikarizwa kubakira ku mateka y’aho Igihugu cyavuye n’ibyo kigezeho ubu, birinda amacakubiri nk’imwe mu (...)
Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa 8 Mata, Perezida Paul Kagame, abajijwe ku cyo u Rwanda rukora mu gusigasira ibyagezweho n’imibanire y’ibindi bihugu, yasobanuye icyo igihugu gikora kugira ngo kigirane umubano mwiza n’ibindi.
Ku Cyumweru tariki 07 Mata 2024, Abanyarwanda baba mu gihugu cya Nigeria, abayobozi mu nzego za Leta muri icyo gihugu, abahagariye ibihugu byabo, abakozi b’imiryango mpuzamahanga n’inshuti, bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igikorwa cyabereye mu murwa mukuru wa Nigeria, Abuja, ku nsangamatsiko (...)
Byukusenge Eugenie yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, arokokeye mu Mudugudu wa Kagese, Akagari ka Rusheshe, mu Murenge wa Masaka, mu Karere ka Kicukiro.
Icyumweru cy’icyunamo no gutangira gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byabereye henshi ku Isi harimo no kuri Ambasade y’u Rwanda muri Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA), aho Abanyarwanda n’inshuti zabo bari mu bice bitandukanye by’icyo gihugu, basabwa gufata igihe bakajya Kwibuka no guha (...)
Mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ni byiza ko Abanyarwanda birinda ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’ibifitanye isano na yo, kuko bihanwa n’amategeko.
Nk’uko byatangajwe n’urukiko rwa Rubanda rwa Buruseli mu Bubiligi, Nkunduwimye Emmanuel yatangiye kuburanishwa ku byaha akekwaho bya Jenoside kuri uyu wa Mbere tariki 8 Mata 2024.
Ubwo Igihugu cyajyaga mu bihe by’icuraburindi nibwo ku myaka 11 gusa, Louise Ayinkamiye wavukiye mu cyahoze ari Komine Kivumu muri Perefegitura ya Kibuye, yatangiye kubona ibitakwifuzwa kubonwa n’uwo ari we wese, yaba umukuru cyangwa umuto.
Ku Cyumweru tariki 7 Mata 2024, abantu basaga 300 barimo abayobozi bakuru muri Guverinoma ya Congo, abahagarariye ibihugu byabo ndetse n’imiryango mpuzamahanga muri Congo, abahagarariye imiryango itegamiye kuri Leta n’izindi nshuti z’u Rwanda bifatanyije n’Abanyarwanda batuye muri Repubulika ya Congo, mu gikorwa cyo (...)