Abahanzi bahigiye kuzerekana ubudasa bw’umuco Nyarwanda muri “Rwanda day”

Abahanzi b’Abanyarwanda bakeneye kwerekana umuco Nyarwanda muri Leta zunze ubumwe z’Amerika muri "Rwanda Cultural day".

Rwanda day ni umunsi uhuza abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda buri mwaka. Uyu mwaka izabera, i San Francisco ku itariki 24 Nzeli 2016.

Rwanda Day y'uyu mwaka izabera muri leta ya California muri Amerika
Rwanda Day y’uyu mwaka izabera muri leta ya California muri Amerika

Uyu munsi wahawe insanganyamatsiko igira iti “umunsi w’umuco Nyarwanda, umurage wo kwihesha agaciro”.

Masamba Intore, nk’umwe mu bahanzi bazitabira uyu munsi, yahize kuzereka abanyamahanga ubudasa bw’umuco w’Abanyarwanda yemeza ko ari wo mwiza wa mbere ku isi.

Yagize ati “tuzataramira Abanyarwanda n’abanyamahanga tubereke ubwiza bw’umuco wacu utasanga ahandi, tuzaberaka isura nshya y’igihugu cyacu, nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi”.

Intore Masamba yahize kuzakumbuza abanyarwanda Umuco wabo
Intore Masamba yahize kuzakumbuza abanyarwanda Umuco wabo

Nkuko bitangazwa na Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, Abanyarwanda bari muri Amerika n’ahandi mu bihugu by’amahanga, bategerezanyije amatsiko menshi uyu munsi.

Urukerereza ruzataramira abazitabira Rwanda Day mu mbyino n’indirimbo Nyarwanda, bavuze ingoma ndetse babakinire imikino itandukanye yerekana umuco gakondo w’Abanyarwanda.

Itorero Urukerereza rizataramira abanyarwanda mu mbyino
Itorero Urukerereza rizataramira abanyarwanda mu mbyino

Abandi bahanzi bazitabira uyu munsi ni Teta Diane, Mariya Yohana, Muyango na King James.

Aba bahanzi icyo basaba Abanyarwanda babishoboye,aho bari hose ni ukuzaza bakibuka indangagaciro zabo nk’Abanyarwanda ndetse bakazikundisha n’abanyamahanga.

Muyango ati “tuzabatungura, tuzabibutsa uko umuco wahozeho n’abatarabimenye tubabwire. Abanyamahanga nabo bazabikunda tuzabasobanurira”.

Muyango na Myariya Yohani batoza itorero Urukerereza bazitabira Rwanda Day y'uyu mwaka
Muyango na Myariya Yohani batoza itorero Urukerereza bazitabira Rwanda Day y’uyu mwaka

Ibi birori bizabera muri Hotel ya Marriott Marquis mu Mujyi wa San Fancisco, i Calfornia muri Leta Zunze ubumwe z’ Amerika, guhera saa tanu z’amanywa kugeza saa tatu n’igice z’ijoro.

Urukerereza ruzagaragaza Imihamirizo
Urukerereza ruzagaragaza Imihamirizo
Abakobwa bazagaragaza imishayayo n'imishagiriro ya Kinyarwanda
Abakobwa bazagaragaza imishayayo n’imishagiriro ya Kinyarwanda
Amakondera nayo azavuzwa mu gitaramo kizabera muri Rwanda Day
Amakondera nayo azavuzwa mu gitaramo kizabera muri Rwanda Day
Abakaraza b'Urukerereza bazataramira abantu
Abakaraza b’Urukerereza bazataramira abantu
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka