U Rwanda rurareshya abashoramari bo mu Buholandi

Inzobere mu by’ubucuruzi zirashishikariza amasosiyete yo mu buholandi gushora imari mu Rwanda. Ibi byabaye mu biganiro bagiranye bibanziriza Rwanda Day

Kuri iyi nshuro ya 11, mu Mujyi wa Amsterdam mu Buholandi byabibumbiriwe n’ibiganiro ku ishoramari.

Ambasaderi Karabaranga Jean Pierre ageza ijambo ku bitabiriye uwo muhango
Ambasaderi Karabaranga Jean Pierre ageza ijambo ku bitabiriye uwo muhango

Abakozi ba Leta bafite ubuhanga bwo mu rwego rwo hejuru mu by’ubucuruzi barareshya abashoramari benshi bashoboka bo mu Buholandi bashore imari mu Rwanda.

Amasosiyete arenga 100 yarangije kugaragaza ubushake bwo kubyaza umusaruro amahirwe ari mu bidukikije ndetse no ku isoko ry’u Rwanda bikazakomeza gutiza umurindi umuvuduko w’ubukungu ubu uri ku kigero cya 8% mu myaka 10 ishize.

Abari bitabiriye uwo muhango
Abari bitabiriye uwo muhango

Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Jean Pierre Karabaranga yabamurikiye amahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda akwiye kubyaza umusaruro.

Yagize ati “Dushishikajwe no guhura n’abantu bose bagirira akamaro u Rwanda cyangwa bakeneye kumenya amakuru agezweho kandi nyayo ku gihugu, ku bagituye ndetse n’umuco.”

Abanyarwanda n'Abaholandi bungurana ibitekerezo
Abanyarwanda n’Abaholandi bungurana ibitekerezo

Kuwa 01 Ukwakira, u Rwanda rwagiranye amasezerano na Sosiyete Africa Improved Foods (AIF) itunganya ibiryo bikungahaye ku ntungamubiri byo kunganira abantu bafite icyo kibazo cyane cyane mu bice by’icyaro byo mu Rwanda no muri Afurika y’Iburasirazuba mu rwego rwo gukemura imirire mibi.

Iyi sosiyete ihuriwemo n’abashoramari batandukanye barimo DSM, sosiyete y’u Buholandi itunganya ibikoresho bitandukanye, ibiryo by’abantu n’amatungo n’ibindi.

U Buholandi ni umwe mu bafatanyabikorwa w’imena wa Leta y’u Rwanda mu butabera, mu bikorwaremezo, kwikungahaza ku biribwa, guteza imbere urwego rw’abikorera n’ubuhinzi kandi amasosiyete yahoo amenyereye gukorera mu Rwanda.

Gatare Francis wa RDB hagati ateze amatwi abashoramari
Gatare Francis wa RDB hagati ateze amatwi abashoramari

Mu ntangiriro z’uyu mwaka ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’inkunga ya Miliyoni hafi 45 z’Amadolari yo gutera inkunga imishinga yo kwegereza abaturage amazi no guteza imbere imyuga n’ubumenyi-ngiro.

Ku ruhande rw’abikorera bo mu Buholandi bijeje abo mu Rwanda isoko rigari ku biva mu Rwanda by’umwihariko indabyo n’imbuto. Kuri ubu Perezida w’u Rwanda yageze mu Buholandi aho agiye kuganira n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bagera ku 4000.

NSHIMIYIMANA Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka