Abahanzi bavuga iki ku kuba batumirwa mu nama za Politiki bagasusurutsa abazitabiriye?
Mu Nama y’Umushyikirano yo muri 2024, Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah, yasabiye abahanzi ko bajya bagaragara mu nama zitandukanye zibera mu gihugu, bagasusurutsa abazitabiriye, kuko ari amahirwe yo kwerekana ubuhanga bwabo ndetse no kubona akazi nk’abatunzwe n’umuziki.
Kigali Today yaganiriye na bamwe mu bahanzi ngo yumve icyo babivugaho, bamwe bavuga ko amahirwe yo gutarama atabuze ahubwo ko ikibazo ari imiterere y’indirimbo zo kuririmbira imbere y’abanyacyubahiro.
Uwitwa Rumaga yagize ati “Erega amahirwe yo kujya muri izo nama no kuzitaramamo si cyo kibazo, ahubwo twe nk’abahanzi ni ibihe bihangano dufite bitugeza kuri ayo mahirwe? Kuko niba uririmba izo mu kabari ntabwo wajya kuzishyira mu rusengero. Abahanzi nitwe tugomba kureba ibihangano dukora n’aho bitugeza.”
Ku rundi ruhande, Ama G The Black we abona ari iterambere kubona Leta itekereza ku bahanzi, ati “Kuba badutekerezaho mu nama ni iterambere ku mpande zombi kuko ni bo bahitamo abo batumira.”
Itsinda rya Symphony Band ni rimwe mu bahanzi bakunze gutumirwa mu nama zikomeye mu gihugu. Umwe mu bagize iryo tsinda witwa Etienne Niyontezeho avuga ko ari amahirwe n’inzozi za benshi kuba bataramira ahantu nk’aho, na we agashima Minisitiri Utumatwishima wabisabiye abahanzi.
Ati “Ku muhanzi wese ni amahirwe n’inzozi za benshi kuba watarama imbere y’abayobozi batandukanye bo mu gihugu ndetse n’abashyitsi. Gusa hari abahanzi batabona ayo mahirwe bitewe n’ibihangano byabo bitajyanye n’izo nama kuko harimo ibishegu byinshi (amagambo y’urukozasoni). Twe tubona ayo mahirwe kuko dusubiramo ibihangano bitandukanye ntabwo ari ngombwa ko dukora ibyo twahimbye.”
Inkuru zijyanye na: Umushyikirano 2024
- Ibibazo abaturage babajije Perezida Kagame mu Mushyikirano n’uburyo yabisubije
- Perezida Kagame yageneye ubutumwa abafite umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda
- Umubyibuho usigaye ari ikimenyetso cy’indwara zitandura
- Iby’ingenzi byaranze #Umushyikirano2024 (Amafoto +Videwo)
- Nyanza: Urubyiruko rwo ku Mayaga rwifuza kwegerezwa ‘YEGO Center’
- Perezida Kagame yanenze abayobozi bakorana batavugana
- Kurya kabiri ku munsi byari amateka - Ubuhamya bwa Harerimana Emmanuel ubu ufasha abandi
- Kugira ngo icupa rimwe ry’inzoga rive mu mubiri bisaba amasaha 16 - Impuguke
- Amajyaruguru: Ibikorwa remezo byubakwa ntibirangire bidindiza iterambere
- Ruswa n’amarozi biri mu byaciye Perezida Kagame ku bibuga by’umupira w’amaguru
- Burera: Urubyiruko rwagaragaje ikibazo cy’uko rutagira agakiriro
- Sinigeze ngira inzozi zo kuzaba Minisitiri – Minisitiri Dr Utumatwishima
- Imanza za Gacaca zagize uruhare mu kuzamura ubumwe bw’abanyarwanda - Minisitiri Bizimana
- Mu Rwanda hategerejwe imbangukiragutabara zigera kuri 200 - MINISANTE
- U Rwanda ruragaragaza uko DRC ihembera ingengabitekerezo ya Jenoside amahanga arebera
- Abajyanama b’Ubuzima bagiye kongererwa ubushobozi bwo gupima indwara zitandura
- Hari abifuza ko no mu bworozi hashyirwamo Nkunganire
- Leta y’u Rwanda izakemura ikibazo cy’abanyeshuri bigaga muri Ukraine
- Ibintu byo kujya baducyurira indagara turashaka kubirandura - Minisitiri Musafiri
- Mu Rwanda hasigaye hatangirwa ubuvuzi bwo gusimbuza impyiko no kubaga umutima
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|