Rusizi: Umutingito wahitanye umwana abandi 19 barakomereka

Umutingito ufite ubukana buri hejuru wibasiye akarere ka Rusizi, wahitanye umwana w’imyaka ine, abantu 19 barakomereka, inzu 12 n’imodoka 2 birangirika.

Abaturage-bacyumva-umutingito-bakwiriye-imishwaro
Abaturage-bacyumva-umutingito-bakwiriye-imishwaro

Ku mugoroba wo ku itariki ya 23 Nzeli 2016, ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, habaye umutingito udakabije umwanya muto, biba nkibisanzwe. Nka nyuma y’isaha imwe haba undi urusha ubukana uwa mbere, ari nawo wangije ibintu byinshi.

Umutingito wakurikiye wasenye amazu wangiza n'amamodoka
Umutingito wakurikiye wasenye amazu wangiza n’amamodoka

Mutabazi Charles, wo mu mujyi wa Kamembe, avuga ko bashutswe n’umutingito wa mbere, urangiye bagasubira mu mazu bibwira ko ari ibisanzwe. Nyuma ngo babaye nkabakubiswe n’inkuba bumva undi mutingito ibikuta bitangira kubagwira.

Ati “Uwambere waje tugirango ntawundi ugaruka hashize umwanya haza undi ukaze abantu barakomereka abantu bose bari hanze sinzi ko hari abarara mu mazu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusiz,i Harerimana Frederic yahumurije abaturage bo muri ako karere.

Agira ati ”Ubutumwa duhereza abaturage nuko batagomba kumva ko umutingito uhoraho niba waje watambutse ariko boye kwibwira ngo byarangiye ,birinde kurwana basohoka munzu kuko abenshi bahura n’ibibazo bahunga ibikuta bikabagwira.”

Amazu maremare yangiritse bikomeye
Amazu maremare yangiritse bikomeye
Amatafari y'inzu zasenyutse yuzuye mu muhanda
Amatafari y’inzu zasenyutse yuzuye mu muhanda
Ibirahure by'amamodoka byibasiwe cyane
Ibirahure by’amamodoka byibasiwe cyane
Nta modoka yari hafi y'amazu yarokotse
Nta modoka yari hafi y’amazu yarokotse
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 24 )

TURIHANGANISHA ABABURIYE IBYABO MURUWO MUTINGITO.
UWO MWANA WAHABURIYE UBUZIMA IMANA IMWAKIRE,
UMURYANGOWE TUWIFURIJE GUKOMERA.

ndayambaje yanditse ku itariki ya: 26-09-2016  →  Musubize

Abaturage ba Rusizi bakomere kandi bihsngane. Gusa abagiye inyubako bajye bibuka kuzishyira mu bwishingizi.

callixte yanditse ku itariki ya: 25-09-2016  →  Musubize

Abaturage Ba Rusizi Twihangane Kandi Muhumure Twisunge Rurema

Phanuel Niringiyimana yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

Abanyarda nabanyarwandakazi baruszi uwiteka abatabare ubwo nubwakabiri

mugema f yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

Twese abanyarwanda twifatanyije nabenedata mukababaro batewe n, umutingito bihangane cyane rwose Leta irebe ukoyabasha knd n, Imana bahumure ibarihafi

niyitanga Jean chretien yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

Twese abanyarwanda twifatanyije nabenedata mukababaro batewe n, umutingito bihangane cyane rwose Leta irebe ukoyabasha knd n, Imana bahumure ibarihafi

niyitanga Jean chretien yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

Nshuti bavandimwe mwihangane kuko hano nikwisi kandi is ibije byose tube tumenya kubyakira nogufashanya mugihe cyose, abayobozi muteganye ikigega gikomeye cyogufasha abahuye nibiza nkibi bikoneye mugihe bimaze kugaragara ko akakarerre kibasiwe nikiza gifite imbaraga otherwise twazasanga akakarere kagiye lose tutarabyiteguye Kate.bayobozi bigihugu mwohereze inzobere muri Geology
Kugirango zige neza ibyaka karere nukuri birarenze.murakoze cyaaane Fred

Fred uzabakiriho yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

nange?ndirusizi-mumudugudu
wantenyi
ni,hanganisha

ihorindengera,emmanuel yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

DUkomeje kwihanganisha imiryango yahuye nicyo cyiza.

MUTABARUKA ALEXANDRE yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

Reka Mvuge Ngo Iyisi Idufitiye Ishyari Kuko Tuzayivamo Tukajya Iwacu Heza Mu Ijuru Kdi Nimwihangane Imana Irabizi Kandi Hari Nicyo Yabikoraho.

Isaac yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

Abo bangirijwe numutingito nibihangane kd umuryago wakuwemo umwana ni ukomere

Isaac yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

Mwihangane cyane abanya kamembe no kubabuze umuntu

Nemu yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka