Ubwo kuri uyu wa Kabiri ikipe ya Rayon Sports yakoraga imyitozo ku kibuga cyo ku Mumena, umukinnyi Yves Rwigema uheruka kugurwa avuye muri APR Fc, ni umwe mu bakinnyi bayitabiriye ndetse anaganira n’itangazamakuru nyuma y’imyitozo.
Yatangaje ko ikipe agiyemo ari ikipe nziza, ndetse n’aho avuye hari heza ariko atari yishimye, akavuga ko yiteguye kwerekana itandukaniro mu kibuga, ku buryo azerekana ko bamwibeshyeho
Yagize ati "Nasanze ari ikipe nziza, hari umwuka mwiza, gusa aho navuye naho hari umwuka mwiza, yose ni amakipe meza, ibyatumye mva muri APR ni birebire sinabona uko mbisobanura gusa muri sinari nishimye, nashakaga kubona umwanya wo gukina n’ibindi byinshi"
"Niteguye gukina nkereka aho mvuye ko nari nshoboye, wenda ko banyibeshyeho, umutoza yaranyegereye ambwira ko bafite ikibazo ku mwanya wanjye ngomba gushyiramo ingufu nkabafasha, nta masezerano nari mfite kuko ntaho nasinye, abafana ba Rayon Sports nababwira ko mpari kandi niteguye kubashimisha" Yves Rwigema aganira n’itangazamakuru.
Rwigema Yves yanahise ahindura inyogosho
Usibye kandi Yves Rwigema wavuye muri APR Fc, kugeza ubu iyi kipe iracyategereje Rwatubyaye Abdul nawe basinyishije avuye muri APR Fc, n’ubwo Ubuyobozi bwa Rayon Sports butangaza ko kugeza ubu nta makuru ye bufite.
Ni gutya imyitozo ya Rayon Sports yari imeze....
Ibitekerezo ( 7 )
Ohereza igitekerezo
|
Yves RWIGEMA icyemezo cyawe ndagishyigikiye, kuberako muri GITINYIRO byari bigoye kuhakina bugiye ahongaho babe bakumenyereza, tuzakugarura nyuma y’ imyaka 2 @maicon yarerekeje hanze y’ u Rwanda.
ihangane pe! ntabwo arukukwanga ahubwo hari byinshi warutaramenya ark aho tuzakugarura wabimenye.
Muereke gasenyi ntabwo ayizi, namara ameziabiri adahembwa azifuza APR BITAGISHOBOTSE.
umusore agize ishaka ntakimubuza gushika aho yifuza.Courage yves et bonne chance!!!
Yewe weeeeeeeee !!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!
Yves RWIGEMA, urasekeje, impamvu APR itagukinishaga ni urwego wari uriho, kuko hari benshi bakurushaga umusaruro mukibuga, nubona ubonye umwanya muri Rayon sport rero ntuzibeshye ko urigitangaza, kuko ntakizaba gitangaje kirimo, nonese batagukinishije bazakinisha nde, gusa wavuze neza nuko wabicuritse ahubwo iyo uvuga ngo urashaka kwereka uwakuguze ko yakwibeshyeho kandi nawe ntazatinda kubona ko yibeshye!!!!!!! nawe ubwawe uzabona icyo APR irusha rayon sport!!
NAGERAGEZE TUZAREBA ICYO ASHOBOYE. BISOBANUYE KO MURI GASENYI NTAWE BAZAHATANA AHUNZE COMPETION NTASHOBOYE NATUVIRE MUBANA.
nahobagire agenda ubwo numurengwe namara gatatu atariye azicuza bitagishoboka
Mureke azabandagaza ndamusabira gutera imbere akaberekako
Aho yagiye aguwe neza natwe aba rayon tukazamwereka uru kundo ruhambaye