Biteze gusarura bagasagariza isoko kubera imashini zusukira imyaka

Abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Macuba ahashyirwe ibikorwaremezo byo gusukira imyaka barasabwa guhinga imbuto n’imboga bibahaza bakanasagurira amasoko mu bihe byimpenshyi.

Kuhira imyaka bizajya bituma umusaruro wo mu mpeshyi wiyongera.
Kuhira imyaka bizajya bituma umusaruro wo mu mpeshyi wiyongera.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, Tony Nsanganira, yereka abaturage uko imashini zisukira imyaka zikoreshwa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yereka abaturage uko imashini zisukira imyaka zikoreshwa.

Babisabwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, kuri uyu wa 29 Nyakanga 2016, mu gikorwa cy’ubukangurambaga bugamije kwigisha abaturage ikorana buhanga ry’ubuhinzi bwo gusukira imyaka hagamijwe kongera umusaruro w’ubuhinzi.

Minisitiri Tony Nsanganira yagize ati “Turwanye ubukene n’imirire mibi, ibyo dukora tubishyiremo imbaraga nyinshi.”

Akomeza asaba abaturage guhinga banareba ku isoko bibanda ku byera vuba, kuko ari byo bitanga amafaranga vuba bikanakemura n’ibindi bibazo mu ngo.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, Tony Nsanganira, yereka abaturage uko imashini zisukira imyaka zikoreshwa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yereka abaturage uko imashini zisukira imyaka zikoreshwa.

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Macuba bavuga ko mu bihe by’impeshyi buhiraga imyaka bibagoye kandi ntibigire n’umusaruro bitanga, ariko ngo kuba begerejwe ikoranabuhanga ry’imashini zisukira bizajya bibabfasha guhinga byinshi basagurire n’amasoko, cyane ko ngo hari ubutaka bunini bwapfaga ubusa.

Uwitwa Mukarwoga Agnes ati “Twasukiraga dukoresheje amajerekani n’amabasi! Mu by’ukuri amaboko yari yarashogotse, none aho mutuzaniye izi mashini murimo mutwerekera turi kubona n’imboga zabaye nziza.”

Abayobozi bifatanyije n'abaturage mu gutera imboga.
Abayobozi bifatanyije n’abaturage mu gutera imboga.

Bamwe mu bahinzi bavuga ko bagiye kuyoboka izi mashini zizamura amazi ziyakuye mu migezi zikayageza imusozi mu mirama dore ko ngo zidahenze.
Abazifuza bishyura kimwe cya kabiri cy’ayo igura (igiciro mbumbe cyayo ni miliyoni 1 n’ibihumbi 470 FRW) andi agatangwa na Leta.

Mbanjineza Jonathan, umwe mu bayiguze, avuga ko zije kubaruhura imvune kuko ngo akurikije akazi yamuruhuye we asanga idahenze kandi ikaba izamufsha kongera umusaruro wo mu gihe cy’impeshyi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka