Bamubeshye ko umwana yabyaye yapfuye bamupfunyikira igipupe

Umubyeyi witwa Nzamwitakuze Brigitte wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke yabyariye mu Bitaro bya Ruli kuri uyu wa 22 Kanama 2016, bukeye bamubeshya ko umwana yapfuye bamupfunyikira igipupe.

Dore ibyo basanze mu ikarito yitwaga ko bamuhayemo umurambo w'umwana we.
Dore ibyo basanze mu ikarito yitwaga ko bamuhayemo umurambo w’umwana we.

Niyonsaba Martin, umugabo wa Nzamwitakuze, avuga ko bari babyaye umwana muzima, agahamya ko ubwo yari aje kumureba yinjiranye umuforomokazi akamubwira ngo nabe asohotse arimo kumuvura nyuma abubwira ko umwana yapfuye.

Yagize ati "Njya kureba abanza kunkoresha inama yo kwihangana ngiye kureba nsanga yafunze igikarito ngo yashyizemo umwana ngiye gupfundura ngo ndebe aravuga ngo ihute kandi nturare hano, ntihagire umuntu upfundura."

Uyu mubyeyi uvuga ko umuforomokazi wamumuhaye yanamutegeye moto kugira ngo yihute barere bamushyinguye, avuga ko mbere yo gushyingura babanje gupfundura ngo barebe aho umutwe uherereye, barebye basanga mu ikarito bari babahayemo icyo bitaga umurambo w’umwana harimo igipupe n’amabuye abiri.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Gasasira Innocent, yabwiye Kigali Today ko aya makuru atarayamenya.

Cyakora, ubwo twavuganaga na Dr Kaneza Deogratias, wasigariyeho Umuyobozi w’Ibitaro bya Ruli, yabwiye Kigali Today ko we n’uwo umuforomokazi wabo bari bari kuri Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke kwisobanura kuri icyo kibazo.

Dr Kaneza cyakora yatwemereye ko aza kuduvugisha avuye kuri Polisi akadusobanurira uko icyo kibazo giteye.

Umunyamakuru wa Kigali Today ukorera mu Karere ka Gakenke aracyadukurikiranira iyi nkuru ngo amenye ku buryo bwimbitse iby’iki kibazo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

REKA NSUHUZE UMUNTUWESE WUMUSOMYI %uyumuforomokazi wasanga wenda yamwibyekuberako yabuzurubyaro mushishoze niba aribyo cyangwa yamugurishaga byumwihariko subwamberewenda yababiko arukumugurisha mumuhane mwihanukiriye murakoze.

Maniradukunda marcel yanditse ku itariki ya: 2-09-2016  →  Musubize

ahaaa haragazwe pe

Kalisa yanditse ku itariki ya: 31-08-2016  →  Musubize

Ariko Jyewe Nkumu Somyi Ndabona Bakwiriye Gushyiqaho Za Camera Zikontorora Ibitaro Byose Murwanda Kuko Bidakozwe Mumagurumashya Ubujura bwakwiyo Gera

Alias yanditse ku itariki ya: 30-08-2016  →  Musubize

Uwomwana Bazamwite N.Ramvuyekure Cp Mvuyekure Ariko Uwomugabo Ararengana Nibamufungure??? Ahubundi Iyisi Iratuyobeye..

Alias yanditse ku itariki ya: 30-08-2016  →  Musubize

uwomuforomokazi bamukurikirane kandi ahanwe byintangarugero.

donath yanditse ku itariki ya: 26-08-2016  →  Musubize

Yewe nisatani kuko subuzima

Niyo rose yanditse ku itariki ya: 26-08-2016  →  Musubize

Muraho!

Ibi birababaje cyane.

Minisiter y ubuzima yadufasha bagashyiraho itegeko ry uko umubyeyi wese aherekezwa n umugabo we ataboneka hakagira undi umuhagararira umubyeyi yahisemo kko icyizere cy ababyaza ari gike.

Murakoze

Jeanne yanditse ku itariki ya: 25-08-2016  →  Musubize

Uwo Muganga Akurikiranwe Abazwe Icya Muteye Kwiba Umwana Asubizwe Ababyeyi Be

Yankurije Egidia yanditse ku itariki ya: 24-08-2016  →  Musubize

Nne uwo muforomakazi ntabw bamujana mur prison!

KANAKIMANA yanditse ku itariki ya: 24-08-2016  →  Musubize

NAGAHOMA MUNWA!!!!!!!!!!!!

ALIAS yanditse ku itariki ya: 24-08-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka