Addis Ababa: Perezida Kagame mu nama yiga ku kibazo cya Sudani y’Epfo

Perezida Paul Kagame yageze i Addis Ababa muri Ethiopia mu nama y’umuryango w’abakuru b’ibihugu (IGAD Plus) yiga ku kibazo cya Sudani y’Epfo.

Imvuru zishingiye kuri politiki zimaze iminsi muri Sudani y’Epfo zimaze guhitana ubuzima bw’inzirakarengane nyinshi, kubera kurwanira ubutegetsi. Byitezwe ko Perezida Kagame ari umwe mu bitezweho gutanga ibitekerezo by’umuti urambye kuri iki kibazo.

Perezida Kagame yaraye ageze i Addis Ababa aherekejwe na Minisitiri Mushikiwabo.
Perezida Kagame yaraye ageze i Addis Ababa aherekejwe na Minisitiri Mushikiwabo.

Nubwo ibyaganiriwe muri iyi nama n’imyanzuro yafashwe bitaratangazwa, Mahboub Maalim, umunyamabanga wa IGAD yavuze ko Sudani y’Epfo yemeye ko hoherezwa ingabo zishinzwe gucunga umutekano nta mananiza.

IGAD ni umuryango w’ubukungu uhuriweho n’ibihugu byo mu ihembe rya Afurika, ibihugu bikora ku kibaya cya Nili n’ibihugu byo mu biyaga bigari.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka